issa
Congo Brazzaville yatangiye amatora y’Umukuru w’Igihugu

Congo Brazzaville yatangiye amatora y’Umukuru w’Igihugu

Mar 15, 2026 - 12:56
 0

Congo Brazzaville kuri iki cyumweru yatangiye kumugaragaro amatora ya Perezida ashobora kongerera manda Perezida Denis Sassou Nguesso umaze imyaka irenga 42 ayoboye icyo gihugu.


Ni amatora yatangiye kuri iki cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2026 saa moya za mu gitondo akaba ateganyijwe kwitabirwa na barenga miliyoni 3.2 biyandikishije k'urutonde rwa komisiyo y'amatora.

Denis Sassou Nguesso w’imyaka 82 uri guhatanira kuyobora icyo gihugu kuri manda gatanu yafashe ubutegetsi bwa mbere mu 1979 ayobora ubudahagarara kugeza abaye Perezida wa mbere wayoboye Congo Brazzaville igihe kinini kurusha abandi bose bayoboye icyo gihugu.

Mu matora yo mu 2021, aheruka Sassou Nguesso yatsindiye kuyobora Congo Brazzaville ku majwi 88.4% aho abari bayitabiriye bari hafi 68% ibintu abanyepolitike batavuga rumwe na leta y'icyo gihugu bavuze ko bigaragaza uburiganya bubera mu matora bigatuma abaturage benshi batitabira gutora.

Muri aya matora, Sassou Nguesso ahanganye n’abakandida batandatu barimo Joseph Kignoumbi Kia Mboungou, Uphrem Dave Mafoula, Melaine Destin Gavet Elengo, Mabio Mavoungou Zinga, Vivien Romain Manangou na Anguios Nganguia Engambe, abakandida bahabwa amahirwe macye cyane yo gutsinda amatora bitewe n’imbaraga ishyaka riri ku butegetsi rifite.

Mu gihe cyo kwiyamamaza, Sassou Nguesso niwe wagaragaye azenguruka igihugu ashaka amajwi, mu gihe abo bahanganye batari babyemerewe, ibintu benshi bakomeje kunenga bavuga ko byica amahame ya demokarasi n'uburenganzira bw'abakandida.

Congo Brazzaville ni kimwe mu bihugu bikomeye m'ubukungu kikaba kinakungahaye cyane m'ubucukuzi bwa peteroli muri Afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara uretse ko raporo zitandukanye zikigaragaza nk’ikiri hasi cyane mu bijyanye n'ubwisanzure mu bya politiki aho iya Freedom House igaragaza ko icyo gihugu gifite amanota 17% mu bijyanye n'ubwisanzure bwa politiki n'uburenganzira bw'abaturage muri demokarasi.

Congo Brazzaville yatangiye amatora y’Umukuru w’Igihugu

Mar 15, 2026 - 12:56
Mar 15, 2026 - 13:19
 0
Congo Brazzaville yatangiye amatora y’Umukuru w’Igihugu

Congo Brazzaville kuri iki cyumweru yatangiye kumugaragaro amatora ya Perezida ashobora kongerera manda Perezida Denis Sassou Nguesso umaze imyaka irenga 42 ayoboye icyo gihugu.


Ni amatora yatangiye kuri iki cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2026 saa moya za mu gitondo akaba ateganyijwe kwitabirwa na barenga miliyoni 3.2 biyandikishije k'urutonde rwa komisiyo y'amatora.

Denis Sassou Nguesso w’imyaka 82 uri guhatanira kuyobora icyo gihugu kuri manda gatanu yafashe ubutegetsi bwa mbere mu 1979 ayobora ubudahagarara kugeza abaye Perezida wa mbere wayoboye Congo Brazzaville igihe kinini kurusha abandi bose bayoboye icyo gihugu.

Mu matora yo mu 2021, aheruka Sassou Nguesso yatsindiye kuyobora Congo Brazzaville ku majwi 88.4% aho abari bayitabiriye bari hafi 68% ibintu abanyepolitike batavuga rumwe na leta y'icyo gihugu bavuze ko bigaragaza uburiganya bubera mu matora bigatuma abaturage benshi batitabira gutora.

Muri aya matora, Sassou Nguesso ahanganye n’abakandida batandatu barimo Joseph Kignoumbi Kia Mboungou, Uphrem Dave Mafoula, Melaine Destin Gavet Elengo, Mabio Mavoungou Zinga, Vivien Romain Manangou na Anguios Nganguia Engambe, abakandida bahabwa amahirwe macye cyane yo gutsinda amatora bitewe n’imbaraga ishyaka riri ku butegetsi rifite.

Mu gihe cyo kwiyamamaza, Sassou Nguesso niwe wagaragaye azenguruka igihugu ashaka amajwi, mu gihe abo bahanganye batari babyemerewe, ibintu benshi bakomeje kunenga bavuga ko byica amahame ya demokarasi n'uburenganzira bw'abakandida.

Congo Brazzaville ni kimwe mu bihugu bikomeye m'ubukungu kikaba kinakungahaye cyane m'ubucukuzi bwa peteroli muri Afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara uretse ko raporo zitandukanye zikigaragaza nk’ikiri hasi cyane mu bijyanye n'ubwisanzure mu bya politiki aho iya Freedom House igaragaza ko icyo gihugu gifite amanota 17% mu bijyanye n'ubwisanzure bwa politiki n'uburenganzira bw'abaturage muri demokarasi.