issa
Ibitego 9 mu mukino umwe! PSG na Bayern zatanze ibyishimo muri UEFA Champions League

Ibitego 9 mu mukino umwe! PSG na Bayern zatanze ibyishimo muri UEFA Champions League

Apr 29, 2026 - 08:12
 0

Mu mukino wa 1/2 wa UEFA Champions League wahuje PSG na FC Bayern Munich warangiye PSG ari yo itahanye intsinzi y’ibitego 5-4.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, nibwo hatangiye gukinwa imikino ibanza ya 1/2 cya UEFA Champions League. Umwe mu mikino yari itegerejwe ndetse benshi bavuga ko ari umukino wa nyuma waje kare, wari wahuje ikipe ya Paris Saint Germain ndetse na FC Bayern Munich.

Ni umukino wari ukomeye bitewe n’imbaraga, ubuhanga ndetse n’amayeri ku batoza bari bafite. Uyu mukino watangiye ikipe ya FC Bayern Munich itsinda igitego kuri Penalite yatewe neza na Harry Kane. Ikipe ya PSG yaje gutsinda igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Khvicha Kvaratskhelia.

PSG yabaye nk’iyigarutse neza mu mukino kuko yaje gutanga FC Bayern Munich igitego cya kabiri nyuma y’umupira wavuye muri Koroneri yari itewe neza na Ousamane Dembele, Joao Neves ashyiraho umutwe igitego cya kabiri kiba kirabonetse.

FC Bayern Munich ntiyigeze icika intege kuko wabonaga ituje kandi ikina umukino wayo n’ubundi wo guhererekanya nkuko bisanzwe, yaje kubona igitego cyo kwishyura cya kabiri gitsinzwe na Michael Olise nyuma yo gucenga abakinnyi bane ba PSG kugeza atsinze igitego.

Ikipe ya PSG yabonye Penalite mbere y’uko igice cya mbere kirangira, nyuma y’umupira Ousamane Dembele yari ateye ukorwa n’ukuboko na Alphonso Davis. Iyi Penalite yatsinzwe neza na Ousmane Dembele.

Igice cya kabiri ikipe ya FC Bayern Munich yagarutse ikora amakosa menshi kuko yaje gutsinda ibitego bibiri mu minota itarenze itanu kuko Khvicha Kvaratskhelia yaje gutsinda igitego cya Kane ndetse na Ousmane Dembele atsinda igitego cya Gatanu.

FC Bayern Munich yahise nayo itangira kurusha cyane Paris Saint Germain nyuma y’impinduka umutoza Luis Enrique yari amaze gukora akuramo Zaire Emery yinjizamo Fabian Louis. FC Bayern Munich yahise nayo itsinda ibindi bitego bibiri byo kwishyura byatsinzwe na Opamecano ndetse na Louis Diaz.

FC Bayern Munich yongeye guhusha amahirwe mu minota ya nyuma yagombaga kuvaho igitego cyo kwishyura, bituma umukino urangira PSG itsinze FC Bayern Munich ibitego 5-4. Uyu ni umukino wari uryoshye cyane bitewe n’ibitego ndetse n’imikinire yagaragaye ku mpande zombi.

Umukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gitaha tariki 6 Gicurasi 2026, ubere mu gihugu cy’u Budage kuri Sitade ya FC Bayern Munich.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, harakomeza iyi mikino hakinwa umukino urahuza ikipe ya Arsenal FC iraba yasuye  Atletico Madrid Saa Tatu z’ijoro.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ibitego 9 mu mukino umwe! PSG na Bayern zatanze ibyishimo muri UEFA Champions League

Apr 29, 2026 - 08:12
 0
Ibitego 9 mu mukino umwe! PSG na Bayern zatanze ibyishimo muri UEFA Champions League

Mu mukino wa 1/2 wa UEFA Champions League wahuje PSG na FC Bayern Munich warangiye PSG ari yo itahanye intsinzi y’ibitego 5-4.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, nibwo hatangiye gukinwa imikino ibanza ya 1/2 cya UEFA Champions League. Umwe mu mikino yari itegerejwe ndetse benshi bavuga ko ari umukino wa nyuma waje kare, wari wahuje ikipe ya Paris Saint Germain ndetse na FC Bayern Munich.

Ni umukino wari ukomeye bitewe n’imbaraga, ubuhanga ndetse n’amayeri ku batoza bari bafite. Uyu mukino watangiye ikipe ya FC Bayern Munich itsinda igitego kuri Penalite yatewe neza na Harry Kane. Ikipe ya PSG yaje gutsinda igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Khvicha Kvaratskhelia.

PSG yabaye nk’iyigarutse neza mu mukino kuko yaje gutanga FC Bayern Munich igitego cya kabiri nyuma y’umupira wavuye muri Koroneri yari itewe neza na Ousamane Dembele, Joao Neves ashyiraho umutwe igitego cya kabiri kiba kirabonetse.

FC Bayern Munich ntiyigeze icika intege kuko wabonaga ituje kandi ikina umukino wayo n’ubundi wo guhererekanya nkuko bisanzwe, yaje kubona igitego cyo kwishyura cya kabiri gitsinzwe na Michael Olise nyuma yo gucenga abakinnyi bane ba PSG kugeza atsinze igitego.

Ikipe ya PSG yabonye Penalite mbere y’uko igice cya mbere kirangira, nyuma y’umupira Ousamane Dembele yari ateye ukorwa n’ukuboko na Alphonso Davis. Iyi Penalite yatsinzwe neza na Ousmane Dembele.

Igice cya kabiri ikipe ya FC Bayern Munich yagarutse ikora amakosa menshi kuko yaje gutsinda ibitego bibiri mu minota itarenze itanu kuko Khvicha Kvaratskhelia yaje gutsinda igitego cya Kane ndetse na Ousmane Dembele atsinda igitego cya Gatanu.

FC Bayern Munich yahise nayo itangira kurusha cyane Paris Saint Germain nyuma y’impinduka umutoza Luis Enrique yari amaze gukora akuramo Zaire Emery yinjizamo Fabian Louis. FC Bayern Munich yahise nayo itsinda ibindi bitego bibiri byo kwishyura byatsinzwe na Opamecano ndetse na Louis Diaz.

FC Bayern Munich yongeye guhusha amahirwe mu minota ya nyuma yagombaga kuvaho igitego cyo kwishyura, bituma umukino urangira PSG itsinze FC Bayern Munich ibitego 5-4. Uyu ni umukino wari uryoshye cyane bitewe n’ibitego ndetse n’imikinire yagaragaye ku mpande zombi.

Umukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gitaha tariki 6 Gicurasi 2026, ubere mu gihugu cy’u Budage kuri Sitade ya FC Bayern Munich.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, harakomeza iyi mikino hakinwa umukino urahuza ikipe ya Arsenal FC iraba yasuye  Atletico Madrid Saa Tatu z’ijoro.