issa
Abakinnyi ba APR FC ntibabona Kiyovu Sports nk'ikipe izabakora mu jisho

Abakinnyi ba APR FC ntibabona Kiyovu Sports nk'ikipe izabakora mu jisho

Feb 13, 2026 - 09:22
 0

Abakinnyi ba APR FC biteguye gutsinda ikipe ya Kiyovu Sports mu mukino w'umunsi wa 20 wa Shampiyona y'u Rwanda.


Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare 2026. Uyu mukino ni umwe mu yikomeye kuko izi kipe zizahura no ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona ntabwo ziritanwa amanota menshi.

Ikipe y'ingabo z'igihugu, APR FC, nyuma yo kuba imaze igihe ititwara neza abakinnyi bayo babona uyu mukino bazakinamo na Kiyovu Sports ari uwo kwiyunga n'abafana. Ibi bihamwa n'abakinnyi b'iyi kipe abo mu genda muganira bagiye batandukanye.

Ku wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, mu kiganiro myugariro wa APR FC, Nshimiyimana Yunusu, yagiranye n'umwe mu banyamakuru bakurikiranira bya hafi iyi kipe, yatangaje ko biteguye kandi bagomba gutsinda Kiyovu Sports uko byagenda kose.

Yagize ati "Umwuka ni mwiza mu ikipe. Icyo nakizeza abafana ni intsinzi, tugomba gutsinda uko byagenda kose. Kuri Bugesera twaranganyije, dutsindwa na Al Hilal SC, rero kuri Kiyovu Sports tugomba gutsinda uko byagenda kose."

Ibi uyu mukinnyi abihuriyeho n'abandi bakinnyi ndetse no mu bitekerezo by'abatoza babona APR FC igomba kwitwara neza imbere ya Kiyovu Sports.

APR FC izakina uyu mukino nyuma yo kumara imikino ibiri itabasha kubona intsinzi. Yanganyije na Bugesera FC ibitego 2-2 mu mukino w'umunsi wa 19, yongera gutsindwa na Al Hilal SC ibitego 2-0 mu mukino w'ikirarane.

Uyu mukino uzabera kuri Sitade Amahoro, utangire Saa Moya z'ijoro. Ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona n'amanota 37, naho ikipe ya Kiyovu Sports yo iri ku mwanya wa Gatanu n'amanota 31. 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Abakinnyi ba APR FC ntibabona Kiyovu Sports nk'ikipe izabakora mu jisho

Feb 13, 2026 - 09:22
 0
Abakinnyi ba APR FC ntibabona Kiyovu Sports nk'ikipe izabakora mu jisho

Abakinnyi ba APR FC biteguye gutsinda ikipe ya Kiyovu Sports mu mukino w'umunsi wa 20 wa Shampiyona y'u Rwanda.


Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare 2026. Uyu mukino ni umwe mu yikomeye kuko izi kipe zizahura no ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona ntabwo ziritanwa amanota menshi.

Ikipe y'ingabo z'igihugu, APR FC, nyuma yo kuba imaze igihe ititwara neza abakinnyi bayo babona uyu mukino bazakinamo na Kiyovu Sports ari uwo kwiyunga n'abafana. Ibi bihamwa n'abakinnyi b'iyi kipe abo mu genda muganira bagiye batandukanye.

Ku wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, mu kiganiro myugariro wa APR FC, Nshimiyimana Yunusu, yagiranye n'umwe mu banyamakuru bakurikiranira bya hafi iyi kipe, yatangaje ko biteguye kandi bagomba gutsinda Kiyovu Sports uko byagenda kose.

Yagize ati "Umwuka ni mwiza mu ikipe. Icyo nakizeza abafana ni intsinzi, tugomba gutsinda uko byagenda kose. Kuri Bugesera twaranganyije, dutsindwa na Al Hilal SC, rero kuri Kiyovu Sports tugomba gutsinda uko byagenda kose."

Ibi uyu mukinnyi abihuriyeho n'abandi bakinnyi ndetse no mu bitekerezo by'abatoza babona APR FC igomba kwitwara neza imbere ya Kiyovu Sports.

APR FC izakina uyu mukino nyuma yo kumara imikino ibiri itabasha kubona intsinzi. Yanganyije na Bugesera FC ibitego 2-2 mu mukino w'umunsi wa 19, yongera gutsindwa na Al Hilal SC ibitego 2-0 mu mukino w'ikirarane.

Uyu mukino uzabera kuri Sitade Amahoro, utangire Saa Moya z'ijoro. Ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona n'amanota 37, naho ikipe ya Kiyovu Sports yo iri ku mwanya wa Gatanu n'amanota 31.