Kigali: Umugore w'imyaka 34 yahamwe n'icyaha cyo gusambanya umwana w'umuhungu w'imyaka 14
Mu isomwa ry'urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo umugore wari utuye mu Murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, urukiko rwahamije uwo mugore icyaha cyo gusambanya umwana w'umuhungu ufite imyaka 14.
Uwo mugore yahamijwe icyaha cyo gusambaanya umwana w'umuhungu ufite imyaka 14, urukiko rumukatira igihano cyo gufungwa imyaka10 nkuko byatangajwe n'Ubushinjacyaha.
Amakuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru avuga ko uwo mugore, urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu isomwa ry'umwanzuro w'urwo rubanza uwo mugore ufite imyaka 34 yaregwagamo gusambanya uwo mwana utarageza ku myaka y'ubukure, urukiko rumuhamya icyo cyaha, runategeka ko afungwa imyaka 10.
Nkuko bigaragara muri dosiye ubushinjacyaha bwashyikirije Urukiko, uwo mugore bivugwa ko yari atunzwe no kwicuruza, yasambanyije uwo mwana inshuro zirenze imwe. Uwo mugore yasambanyije uwo mwana tariki ya 31 Ukuboza 2025, yongera tariki ya 3 Mutarama 2026.
Mu iburanisha Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko icyo cyaha cyo gusambanya umwana, uwo mugore yagikoreye mu Mudugudu wa Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali mu karere ka Gasabo.
Nyuma yo gusambanya uwo mwana, uwo mugore yamuhaye 1,000 frw kugira ngo atabivuga. Mu mwanzuro w'urwo rubanza Urukiko rwemeje ko uregwa ahamwe n'icyaha cyo gusambanya umwana rumuhanisha igifungo cy'imyaka 10


Kinyarwanda
English
Swahili









