issa
Loni ihangayikishijwe n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa abasivile muri Sudan y'Epfo

Loni ihangayikishijwe n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa abasivile muri Sudan y'Epfo

Mar 11, 2026 - 07:41
 0

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, Loni, byatangaje ko bihangayikishijwe n’ihohoterwa rigikomeje gukorerwa abasivile mu gihugu cya Sudan y'Epfo, aho ubwicanyi n’ifatwa ku ngufu ku bagore byongeye gufata indi ntera.


Ni ibyatangajwe n’umuvugizi w’Ibiro by’Umukomisiyo Mukuru wa Loni ushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, Seif Magango, watangaje ko mu minsi 17 yonyine mu gihugu cya Sudan y’Epfo abasivile barenga 160 bishwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Seif Magango yavuze ko ubu bwicanyi bwongeye gufata indi ntera kuva ku wa 1 Werurwe 2026, aho abasivile barenga 139 bishwe n’abarwanyi bitwaje intwaro bo mu mutwe wa Bul Nuer.

Akomeza avuga ko mbere y’uko ubu bwicanyi bw’abasivile bwongera gufata indi ntera, ku wa 21 Gashyantare uyu mwaka hari habanje kwicwa abaturage b’abasivile 21. Loni ivuga ko bishwe n’ingabo za Leta ya Sudan y’Epfo zikorera muri Leta ya Jonglei, aho babanje kwizerwa ibyo kurya bagasabwa kwiyegeranya, bikarangira barashwe.

Loni ivuga ko abo basivile barenga 160 bishwe mu minsi 17 harimo abagore 15 bari bafite abana ndetse n’abakobwa batatu.

Seif Magango avuga ko abasirikare ba Leta y’icyo gihugu bakorera muri Leta y’Iburengerazuba bwa Bahr al Ghazal na bo bakekwaho gufata abasivile bane bakicwa batemwe imitwe.

Uyu muvugizi w’Ibiro by’Umukomisiyo Mukuru wa Loni ushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu yasabye ko impande zihanganye zihagarika imirwano mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati “Turasaba impande ziri mu mirwano kuyihagarika vuba na bwangu kugira ngo harindwe ubuzima bw’abaturage ndetse igisubizo cy’amahoro n’umutekano kiboneke binyuze mu biganiro.”

Seif Magango yasabye impande zihanganye zirimo Leta ya Sudan y’Epfo n’imitwe yitwaje intwaro kwirinda kongera kugaba ibitero ku basivile, ndetse izo mpande zombi zigatanga inzira nta mananiza ituma inkunga y’ubutabazi itangwa n’ibigo bitandukanye igera ku bayikeneye bose nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Ibi bibaye mu gihe kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri Sudan y’Epfo bari batangaje ko abagera ku 178 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bataramenyekana mu majyaruguru y’icyo gihugu.

Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe ingabo za Leta ya Sudan y'Epfo zikomeje kwigarurira uduce tukiri mu maboko y’abashyigikiye uwahoze ari Visi Perezida wicyo gihugu, Riek Machar, uherutse guhagarikwa ku mirimo ye ashinjwa umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir.

Loni ihangayikishijwe n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa abasivile muri Sudan y'Epfo

Mar 11, 2026 - 07:41
Mar 11, 2026 - 09:22
 0
Loni ihangayikishijwe n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa abasivile muri Sudan y'Epfo

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, Loni, byatangaje ko bihangayikishijwe n’ihohoterwa rigikomeje gukorerwa abasivile mu gihugu cya Sudan y'Epfo, aho ubwicanyi n’ifatwa ku ngufu ku bagore byongeye gufata indi ntera.


Ni ibyatangajwe n’umuvugizi w’Ibiro by’Umukomisiyo Mukuru wa Loni ushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, Seif Magango, watangaje ko mu minsi 17 yonyine mu gihugu cya Sudan y’Epfo abasivile barenga 160 bishwe n’imitwe yitwaje intwaro.

Seif Magango yavuze ko ubu bwicanyi bwongeye gufata indi ntera kuva ku wa 1 Werurwe 2026, aho abasivile barenga 139 bishwe n’abarwanyi bitwaje intwaro bo mu mutwe wa Bul Nuer.

Akomeza avuga ko mbere y’uko ubu bwicanyi bw’abasivile bwongera gufata indi ntera, ku wa 21 Gashyantare uyu mwaka hari habanje kwicwa abaturage b’abasivile 21. Loni ivuga ko bishwe n’ingabo za Leta ya Sudan y’Epfo zikorera muri Leta ya Jonglei, aho babanje kwizerwa ibyo kurya bagasabwa kwiyegeranya, bikarangira barashwe.

Loni ivuga ko abo basivile barenga 160 bishwe mu minsi 17 harimo abagore 15 bari bafite abana ndetse n’abakobwa batatu.

Seif Magango avuga ko abasirikare ba Leta y’icyo gihugu bakorera muri Leta y’Iburengerazuba bwa Bahr al Ghazal na bo bakekwaho gufata abasivile bane bakicwa batemwe imitwe.

Uyu muvugizi w’Ibiro by’Umukomisiyo Mukuru wa Loni ushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu yasabye ko impande zihanganye zihagarika imirwano mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati “Turasaba impande ziri mu mirwano kuyihagarika vuba na bwangu kugira ngo harindwe ubuzima bw’abaturage ndetse igisubizo cy’amahoro n’umutekano kiboneke binyuze mu biganiro.”

Seif Magango yasabye impande zihanganye zirimo Leta ya Sudan y’Epfo n’imitwe yitwaje intwaro kwirinda kongera kugaba ibitero ku basivile, ndetse izo mpande zombi zigatanga inzira nta mananiza ituma inkunga y’ubutabazi itangwa n’ibigo bitandukanye igera ku bayikeneye bose nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Ibi bibaye mu gihe kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri Sudan y’Epfo bari batangaje ko abagera ku 178 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bataramenyekana mu majyaruguru y’icyo gihugu.

Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe ingabo za Leta ya Sudan y'Epfo zikomeje kwigarurira uduce tukiri mu maboko y’abashyigikiye uwahoze ari Visi Perezida wicyo gihugu, Riek Machar, uherutse guhagarikwa ku mirimo ye ashinjwa umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir.