DR Congo: Abasirikare 54 bakatiwe urwo gupfa
Nyuma y’imyaka hafi icyenda abakozi babiri b’Umuryango w’Abibumbye UN, biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’icyo gihugu rwasomye umwanzuro wanyuma w’urubanza rw’abasirikare 54 bari inyuma y’iyicwa ryabo bakozi bakatirwa urwo gupfa.
Ni umwanzuro wafashwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 7 Kamena 2026 ubwo hasomwaga umwanzuro w’urubanza rw’abo basirikare 54 bagize uruhare mu iyicwa ry’abakozi ba UN babiri, Michael Sharp ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika na Zaida Catalan ukomoka muri Suède.
Aba bombi bishwe muri Werurwe 2017 ubwo bari mu butumwa bwo gukora iperereza ku ihohoterwa ryakorerwaga abatuye mu Ntara ya Kasai yo Hagati. Urukiko rwasobanuye ko baje gufatwa nk’abanzi, bakinjizwa mu mutego w’abo basirikare, nyuma bakaza kwicwa.
Mu bakatiwe harimo Colonel Jean de Dieu Mambweni, wari umwe mu basirikare bakomeye ba Leta ya Congo wari waranakatiwe igifungo cy’imyaka 10 mbere y’uko ubujurire bumwongerera igihano cy’urupfu nyuma y’uko abacamanza basanze ari umwe mu bagize uruhare rukomeye mu rupfu rw’abo bakozi babiri ba UN.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje gusaba ko icyo gihano cyahindurwa kuko ngo abo basirikare bagize uruhare mu iyicwa ry’abo bakozi na bo hari abari babayoboye batigeze bagezwa imbere y’urukiko.

Kinyarwanda
English
Swahili








