Al Hilal SC igiye gusinyisha umukinnyi w’Ubuntu
Ikipe ya Al Hilal SC izakina Shampiyona y’u Rwanda umwaka utaha w’imikino, igiye gusinyisha umunya-Mali, Haman Mandjan usoje amasezerano ye muri Stade Malien.
Ni gahunda Al Hilal yatangiye yo kwiyubaka mbere y'uko isoko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi ryo mu mpeshyi rifungura, aho biteganyijwe ko igiye gusinyisha umukinnyi wo hagati ukomoka muri Mali, Haman Mandjan.
Amakuru dukesha Africa Foot isanzwe ikurikirana amakuru y'isoko ry'abakinnyi muri Afurika, avuga ko Haman Mandjan azabanza gukorerwa ikizamini cy'ubuzima mbere yo gusinya amasezerano y'imyaka itatu muri Al Hilal SC.
Uyu mukinnyi w'imyaka 26 ukinira ikipe ya Stade Malien, azinjira muri Al Hilal SC aziye ubuntu nyuma yo gusoza amasezerano ye muri iyi kipe y’iwabo muri Mali.
Mandjan akina hagati mu kibuga nka nimero 8, ariko ashobora no gukina nka nimero 6 ari imbere y’ubwugarizi. Yari yifujwe n'amakipe menshi yo muri Afurika y'Amajyaruguru mbere y'uko Al Hilal SC igiranye ibiganiro ndetse impande zombi zikaba zamaze kumvikana.
Al Hilal SC irashaka kongeramo abakinnyi bafite ubunararibonye cyane cyane hagati mu kibuga, aho ishobora gusinyisha abakinnyi batatu bashya b'abanyamahanga. Ibi biraterwa n'uko bamwe mu banyamahanga bari muri iyi kipe bagiye bayivamo, barimo Umunya-Liberia Kindness Cole wamaze gusesa amasezerano, mu gihe abandi barimo Umunya-Mauritania, Fofana n’Umunya-Burkina Faso, Youssef Kabore na bo bashobora gutandukana n'iyi kipe mu minsi iri imbere.
Al Hilal SC iheruka kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo gusoza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 75. Iyi kipe yabonye n’itike yo gukina imikino ya CAF Champions League nyuma yo kuba iya mbere mu mikino ya Kamparamaka yabereye muri Sudani.


Kinyarwanda
English
Swahili








