Byinshi ku mukobwa w'ikimero wihebeye akazi ko kwogosha
Mukesharugo Divine, ni umukobwa w'imyaka 19 y'amavuko utuye mu Kagari ka Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro, uvuga ko atunzwe n'umwuga wo kwogosha ndetse aba yumva nta kandi kazi yakora kubera ko umutunze.
Uyu mukobwa avuga, ko yakuze akunda umwuga wo kwogosha ndetse yahoranaga inzozi zo kuzawiga.
Aganira na UKWELITIMES, Mukesharugo yavuze ko yize kwogosha nyuma y'uko yari acikishirije amashuri yisumbuye ageze mwaka wa Kane.
Avuga ko nyuma nyuma yo kunanirwa gukomeza yisumbuye asanzwe, yagiye kwiga ibijyanye no gutunganya imisatsi mu Ishuri ry'imyuga rya SKIM TVET School i Kanombe, yihitiramo ibijyanye no kwogosha.
Ati " Kubera ko nakuze mbikunda cysne nkubura amahirwe yo gukomeza ayisumbuye nahise niga kwogosha amezi atatu mba ndabimenye nimenyereza n'andi atatu nyuma ntangira gukora buhoro buhoro."
Yemeza ko aka kazi kamutunze n'imiryango we w'abantu batanu ndetse anabasha kwizigamira ibihumbi 50Frw buri Kwezi.
Ati " Birantunze kandi binyunguye n'umuryango w'abantu batanu barimo abavandimwe banjye na mama ikindi kandi mbasha kwiyambika no kwigurira ikintu cyose nshatse. Buriya njye mbona abakiriya benshi cyane kuko nabo birabatangaza bigatuma baza nkabogosha."
Mukesharugo avuga, ko ku munsi akorera amafaranga ibihumbi 7 ndetse mu mpera z'Icyumweru ajya akorera ari hagati y'ibihumbi 10 n'ibihumbi 15.
Yongeyeho ko yagiye muri uyu mwuga wo kwogosha awukunze ndetse amaze kwizigamira amafaranga akabakaba miliyoni 1 anafite inzozi zo kuzagira inzu nini itunganya imisatsi, aboneraho gusaba abakobwa bagenzi be gukura amaboko mu mufuka bagakora.
Ubwo hizihizwagwa umunsi mpuzamahanga w'abagore mu Murenge wa Kanombe batunguwe n'uyu mukobwa wihebeye akazi ko kwogosha.


Kinyarwanda
English
Swahili









