issa
Ayatollah Hosseini Khamenei yagizwe umuyobozi w’ikirenga mushya wa Iran

Ayatollah Hosseini Khamenei yagizwe umuyobozi w’ikirenga mushya wa Iran

Mar 9, 2026 - 01:21
 0

Inteko yitwa Majlisi y’Impuguke z’Ubutegetsi bukuru muri Iran yatangaje ko Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei yatorewe kuba Umuyobozi mushya w’Ikirenga wa Repubulika ya Kisilamu ya Iran.


Ibi byatangajwe mu itangazo ryasohotse nyuma y’inama idasanzwe y’iyo nteko yabaye kuri uyu wa 08 Werurwe 2026, aho abagize iyi nteko bavuze ko bashingiye ku burenganzira bahabwa n'itegeko no ku myemerere yabo yo kubazwa imbere y’Imana, bemeje Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei ku bwiganze bw’amajwi.

Iryo tangazo rivuga ko abanyamuryango b’iyo nteko batoye ku bwiganze bw’amajwi kugira ngo Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei abe Umuyobozi wa gatatu w’Ikirenga ugiye kuyobora Repubulika ya Kisilamu ya Iran.

Uyu mwanya w’Umuyobozi w’Ikirenga ni wo ufite ububasha bukomeye kurusha indi myanya yose mu buyobozi bwa Iran, kuko ari we ugira ijambo rya nyuma ku byemezo bikomeye birebana n’imiyoborere y’igihugu, igisirikare ndetse na politiki yacyo.

Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei abaye Umuyobozi wa gatatu w’Ikirenga wa Iran, akurikiye Ayatollah Ruhollah Khomeini washinze Repubulika ya Kisilamu ya Iran mu 1979, ndetse na Ayatollah Ali Khamenei wamaze imyaka myinshi ayobora iki gihugu kuva mu 1989.

Abasesenguzi bavuga ko iri hitamo rishobora kugira ingaruka zikomeye ku cyerekezo cya politiki n’imiyoborere ya Iran mu myaka iri imbere.

Ayatollah Hosseini Khamenei yagizwe umuyobozi w’ikirenga mushya wa Iran

Mar 9, 2026 - 01:21
Mar 9, 2026 - 01:22
 0
Ayatollah Hosseini Khamenei yagizwe umuyobozi w’ikirenga mushya wa Iran

Inteko yitwa Majlisi y’Impuguke z’Ubutegetsi bukuru muri Iran yatangaje ko Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei yatorewe kuba Umuyobozi mushya w’Ikirenga wa Repubulika ya Kisilamu ya Iran.


Ibi byatangajwe mu itangazo ryasohotse nyuma y’inama idasanzwe y’iyo nteko yabaye kuri uyu wa 08 Werurwe 2026, aho abagize iyi nteko bavuze ko bashingiye ku burenganzira bahabwa n'itegeko no ku myemerere yabo yo kubazwa imbere y’Imana, bemeje Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei ku bwiganze bw’amajwi.

Iryo tangazo rivuga ko abanyamuryango b’iyo nteko batoye ku bwiganze bw’amajwi kugira ngo Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei abe Umuyobozi wa gatatu w’Ikirenga ugiye kuyobora Repubulika ya Kisilamu ya Iran.

Uyu mwanya w’Umuyobozi w’Ikirenga ni wo ufite ububasha bukomeye kurusha indi myanya yose mu buyobozi bwa Iran, kuko ari we ugira ijambo rya nyuma ku byemezo bikomeye birebana n’imiyoborere y’igihugu, igisirikare ndetse na politiki yacyo.

Ayatollah Seyed Mojtaba Hosseini Khamenei abaye Umuyobozi wa gatatu w’Ikirenga wa Iran, akurikiye Ayatollah Ruhollah Khomeini washinze Repubulika ya Kisilamu ya Iran mu 1979, ndetse na Ayatollah Ali Khamenei wamaze imyaka myinshi ayobora iki gihugu kuva mu 1989.

Abasesenguzi bavuga ko iri hitamo rishobora kugira ingaruka zikomeye ku cyerekezo cya politiki n’imiyoborere ya Iran mu myaka iri imbere.