issa
Loni yatoreye Umunya-Kenyakazi kuba umucamanza mukuru muri ICJ

Loni yatoreye Umunya-Kenyakazi kuba umucamanza mukuru muri ICJ

Nov 14, 2025 - 09:27
 0

Umunyamategeko w’Umunya-Kenyakazi Prof. Phoebe Okowa, yatorewe kuba umucamanza mushya w’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera ICJ, mu matora yabayemo guhatana gukomeye kw’abakandida batandukanye mu gikorwa cyabereye i New York mu Nteko Rusange no mu Kanama k’Umutekano ka Loni.


Amatora yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo 2025, yari amatora yarimo guhangana gukomeye kw’abakandida bane batandukanye baturukaga ku mugabane wa Afurika nk’uko byatangajwe n’ishami rishinzwe itangazamakuru muri Loni.

Prof. Okowa wanatsinze amatora yari ahanganye na Dr. Olufemi Elias wo muri Nigeria, Paul Kuruk wo muri Ghana ndetse na Prof. Charles Jalloh wo muri Sierra Leone. Guhangana kwabo kwatumye amatora akomera aho yatangiye nta kigero kinini barushanyaga mu majwi bituma akanama gashinzwe gutangaza uwatsinze gashyira ayo matora mu byiciro bine.

Nyuma y’umwanzuro wo gushyira ayo matora mu byiciro bine byatumye abakandida bo muri Nigeria na Ghana bikura mu matora, hasigara Okowa Umunya-Kenyakazi na Jalloh wo muri Sierra Leone bahatanye mu gice cya nyuma.

Amatora yarangiye Umunya-Kenyakazi Prof. Okowa ari we utsinze ayo matora ku majwi 106 yatorewe mu Nteko Rusange ya Loni mu gihe mugenzi we wa Sierra Leone yagize 79, bituma Okowa aba ari we uhabwa amahirwe yo gusimbura Judge Abdulqawi Yusuf wasezeye ku bushake kuri uwo mwanya w’umucamanza mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha n’ubutabera ku wa 30 Nzeri 2025, atarangije manda ye.

Prof. Okowa yahise atangira inshingano ze muri ICJ, urukiko rukuru rwa Loni rufatwa nk’Urukiko rw’Isi, biteganyijwe ko azayirangiza ku wa 5 Gashyantare 2027.

Loni yatoreye Umunya-Kenyakazi kuba umucamanza mukuru muri ICJ

Nov 14, 2025 - 09:27
Nov 14, 2025 - 10:05
 0
Loni yatoreye Umunya-Kenyakazi kuba umucamanza mukuru muri ICJ

Umunyamategeko w’Umunya-Kenyakazi Prof. Phoebe Okowa, yatorewe kuba umucamanza mushya w’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera ICJ, mu matora yabayemo guhatana gukomeye kw’abakandida batandukanye mu gikorwa cyabereye i New York mu Nteko Rusange no mu Kanama k’Umutekano ka Loni.


Amatora yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo 2025, yari amatora yarimo guhangana gukomeye kw’abakandida bane batandukanye baturukaga ku mugabane wa Afurika nk’uko byatangajwe n’ishami rishinzwe itangazamakuru muri Loni.

Prof. Okowa wanatsinze amatora yari ahanganye na Dr. Olufemi Elias wo muri Nigeria, Paul Kuruk wo muri Ghana ndetse na Prof. Charles Jalloh wo muri Sierra Leone. Guhangana kwabo kwatumye amatora akomera aho yatangiye nta kigero kinini barushanyaga mu majwi bituma akanama gashinzwe gutangaza uwatsinze gashyira ayo matora mu byiciro bine.

Nyuma y’umwanzuro wo gushyira ayo matora mu byiciro bine byatumye abakandida bo muri Nigeria na Ghana bikura mu matora, hasigara Okowa Umunya-Kenyakazi na Jalloh wo muri Sierra Leone bahatanye mu gice cya nyuma.

Amatora yarangiye Umunya-Kenyakazi Prof. Okowa ari we utsinze ayo matora ku majwi 106 yatorewe mu Nteko Rusange ya Loni mu gihe mugenzi we wa Sierra Leone yagize 79, bituma Okowa aba ari we uhabwa amahirwe yo gusimbura Judge Abdulqawi Yusuf wasezeye ku bushake kuri uwo mwanya w’umucamanza mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha n’ubutabera ku wa 30 Nzeri 2025, atarangije manda ye.

Prof. Okowa yahise atangira inshingano ze muri ICJ, urukiko rukuru rwa Loni rufatwa nk’Urukiko rw’Isi, biteganyijwe ko azayirangiza ku wa 5 Gashyantare 2027.