Beatrice Munyenyezi yaburanye ubujurire bwe ku byaha bitandukanye aregwa
Kuri uyu wa 22 Mata 2025, Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rukorera i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, rwaburanishije urubanza rw’ubujurire rwa Beatrice Munyenyezi uregwa ibyaha bya Jenoside.
Mu iburanisha, Munyenyezi n’abamwunganira mu mategeko bagaragaje ko batemera ibyatangajwe n’abatangabuhamya, bavuga ko imvugo zabo zidahuye. Banavuze kandi ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bidafite ishingiro rihagije rishobora gushingirwaho mu kumuhamya ibyaha.
Beatrice Munyenyezi yari yoherejwe kuburanira mu Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu mwaka wa 2021, nyuma y’igihe yari amaze ari muri icyo gihugu.
Muri 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwari rwamuhamije ibyaha bya Jenoside ndetse no gusambanya abagore ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyo gihe, Munyenyezi yarabihakanye, ariko urukiko rumuhamya ibyaha rumuhanisha igihano cy'Igifungo cya burundu.

Kinyarwanda
English
Swahili









