Abatangabuhamya n'uwatorotse ubutabera: Ibiri muri dosiye ya Niyigaba Clement
Ubushinjacyaha bushingiye ku ngingo ya 66, 74 y`itegeko No 27/2019 ryo kuwa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha,burasaba urukiko ko NIYIGABA Clement yaba afunzwe by’agateganyo mu gihe cyingana n`iminsi 30, Kuko hari impamvu zikomeye kandi zihagije zituma akekwaho kuba yarakoze Ibi byaha. Kuko hari impungenge ko aramutse arekuwe yatoroka ubutabera kuko n`uwo bareganwa ubu yatorotse Ubutabera. Kuba iperereza rigikomeje kuko hari abandi bavugwa muri iyi dossier bagishakishwa hari impungenge ko aramutse arekuwe habaho akagambane kagamije gusibanganya ibimenyetso.
Ku wa 20 Mata 2026 Urukiko rw’Ibanze rwa Kibagaba rwari kuburanisha Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ku byaha bine;Gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta,Kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi,Kurwanya ububasha bw’amategeko no Guteza
DC Clement yazitaba Urukiko ku wa 27 Mata 2026. Ni nyuma yaho yaje mu Rubanza ariko avuga ko atiteguye kuburana bitewe nuko umwunganira yihuje na dosiye igeze hagati ntabashe kuyitegura neza. Maitre Bayisabe Irene azaburanira DC Clement asimbuye Maitre Steven Salim watangiye dosiye akayamburwa bigeze hagati.

Kinyarwanda
English
Swahili









