I Kinshasa haramukiye imyigaragambyo yamagana guhindura itegeko nshinga
Mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Kinshasa, hatangiye umunsi wa “Ville Morte” wahamagawe n’ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi C64, rigamije kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga bavuga ko ushobora gufungura inzira yo kongera manda za Perezida Félix Tshisekedi.
Ni imyigaragambyo yiswe "Ville Morte" yatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 03 Kamena 2026 mu bice bitandukanye by'umujyi wa Kinshasa. Iyi myigaragambyo yari imaze iminsi irarikirwa abaturage ba RD Congo aho abakozi n'abacuruzi basabwe guhagarika akazi bakitabira imyigaragambyo.
Mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabye abaturage kuguma mu ngo no guhagarika ibikorwa byabo bya buri munsi, ubuyobozi bwa Kinshasa bwo bwatangaje ko ibikorwa bigomba gukomeza nk'ibisanzwe, bunohereza inzego z'umutekano ahantu hatandukanye mu mujyi.
Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu muri RDC (CNDH) yatangaje ko ihangayikishijwe n'izamuka ry'ubushyamirane bwa politiki mbere y'uyu munsi, isaba ko uburenganzira bwo kwigaragambya mu mahoro bwubahirizwa kandi ko hirindwa ibikorwa by'urugomo n'ivangura.
Mu gitondo kuri uyu wa gatatu, amafoto aragaragaza umujyi wa Kinshasa urimo abantu batwika amapine y'ibinyabiziga, abandi bafite amabuye n'ibindi bikoresho gakondo.
Muri uyu mujyi kandi hari ibice bimwe na bimwe bigaragara ko abantu batagiye mu kazi nk'uko bisanzwe aho umujyi wera nta rujya n'uruza nk'uko byari bisanzwe.
Mu ntangiriro z'uyu mwaka wa 2026, Perezida Felix Tshisekedi yavuze ko mu gihe abaturage baramuka bamushaka ntacyamubuza kongera kwiyamamaza, ndetse aherutse no gutangaza ko nta gihugu kijya mu matora kandi kiri mu ntambara.
Ibi rero byarakaje bamwe mubaturage binakubitiraho n'ubukangurambaga bumaze iminsi bwo guhindura zimwe mu mu ngingo ziri mu itegeko nshinga, ibindi abakongomani bafata nk'impamvu yo kugundira ubutegetsi kwa Tshisekedi.

Kinyarwanda
English
Swahili








