issa
Ubushinjacyaha bwasabiye abarimo Djihad gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Ubushinjacyaha bwasabiye abarimo Djihad gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Dec 11, 2025 - 14:08
 0

Ku wa 11 Ukuboza 2025 Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije dosiye y'abarimo Djihad Ishimwe Francois Xavier, Kwizera Nestor alias Pappy Nestor.


Inteko iburanisha igizwe n'abacamanza babiri, mu gihe Ubushinjacyaha bwunganiwe n'Umushinjacyaha umwe.

Ishimwe Francois Xavier yavuze ko Me yamutengushye akaba atitabiriye iburanisha. Urukiko rwamubajije niba yarabonye dosiye noneho avuga ko bari bumvikanye ko azaza kumwunganira. Urukiko rwahereye ku bafite abunganizi.

Impamvu zikomeye zagaragajwe n'ubushinjacyaha 

 Ishimwe mu ibazwa yavuze ko amashusho yayabonye ayahawe. Uwayamuhaye ntiyamuvuze. Raporo ya Cyber yerekanye ko afite group ya WhatsApp isakaza amashusho y'urukozasoni. Yishyuzaga 100 Frw, 200 Frw ku mashusho ya Yampano. 

Uzabakiriho Cyprien alias Djihad 

Mu ibazwa Djihad yahakanye ibyaha byose. Basanze afite amashusho y'urukozasoni atanu (5)ya Yampano. Ubushinjacyaha bwavuze ko hari abatangabuhamya; Eric Semuhungu na Aaron Niyonagize ariko ubuhamya bwabo ntiburavugwaho mu rukiko. 

Hari group ya WhatsApp y'Abashu. Raporo ta Cyber yerekanye ko afite urubuga rwa WhatsApp yitwa Abashu Mupo Nyonyo irimo abasaga 989.

Irimo amashusho y'urukozasoni. Mu butumwa bwo muri iyo group ya WhatsApp hari aho Djihad (admin) yabwiye abantu 989 ko hari amashusho y'urukozasoni. 

Amashusho ya Yampano nayo bayishyize muri iyo group y'Abashu.

Kuri Kwizera Nestor alias Pappy Nesta yahaye amashusho Kjon. Ubushinjacyaha bwasabye ko bafungwa iminsi 30 y'agateganyo kuko Impamvu zikomeye, dosiye iracyakurikiranwa, ikindi bafite amatsinda ya WhatsApp basakazamo amashusho y'urukozasoni.

 Itegeko riteganya ko ibyaha bakurikiranyweho biramutse bibahamye bahanishwa igifungo cy'imyaka irengeje ibiri.

Ishimwe yireguye avuga ko nta mashusho yasakaje. Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.

Kwizera Nestor yavuze ko amashusho y'urukozasoni ya Yampano yayabonye mu Ugushyingo 2025. Nyuma yayahaye Kjohn. 

Kwizera Nestor alias Pappy amashusho y'urukozasoni yamugezeho avuye ku witwa Florence. 

Urukiko rwabajije Ubushinjacyaha uwakwirakwije amashusho y'urukozasoni ya Yampano. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko raporo ya Cyber yerekanye ko Pazzo Man yahaye amashusho Dumba Muzafaru uba muri Canada. 

Nyuma rero barayasakaje bityo agera kuri benshi. Ubushinjacyaha bwavuze ko muri group ya WhatsApp ya Djihad yasakajwe n'uwitwa Rukundo Hertier.

Uwunganira Ishimwe Nestor yavuze ko Ubushinjacyaha bwivuguruje. Nyamara iyo habayeho kwivuguruza biha amahirwe uregwa. Umunyamategeko yavuze ko ikiri kuburanwa ari ugusakaza amashusho y'urukozasoni atari ukwakira ayo mashusho.

Uyu munyamategeko yagaragaje Yampano nk'uwakoze ibyaha kuko yabitse amashusho kuri email iriho abantu 4. 

Uwunganira Ishimwe Nestor yavuze ko email ari urubuga nkoranyambaga kuko ni murandasi. Yabwiye urukiko ko icyaha Ishimwe Nestor icyaha akurikiranyweho kidafatika.

Yanavuze ko kuba yaremeye ko yahaye Kjon ayo mashusho nta cyaha yakoze kuko yarayamuhaye (sharing) ntabwo yayasakaje (publishing).

Yanagarutse ku kuba Ubushinjacyaha buri kugenekereza bidakwiriye gutuma uwo yunganira adafungwa iminsi 30 y'agateganyo. Habayeho impaka ku ngingo ya 80 yo mu gitabo mpanabyaha aho uwunganira Ishimwe Nestor yari yavuze ko batazayishingira.

Urukiko rwamwibukike ko iyo ngingo ariyo isaba ko ukurikiranwa akwiriye gufungurwa.

Uzabakiriho Cyprien alias Djihad yahakanye ibyo aregwa byose. Yavuze ko mu Bugenzacyaha abazwa basanze ayo mashusho ntayo atunze muri telefoni ye. Yasabye ko Ubushinjacyaha bwakwerekana niba yarasakaje ayo mashusho.

Yemeye ko yakoze ikiganiro ku mashusho ya Yampano ariko yatangaga inama abuza abantu gusakaza amashusho y'urukozasoni. 

Urukiko rwafashe umwanya rukina amashusho y'ikiganiro cya Djihad avugamo amagambo umupuri(Igitsina cy'umugore/umukobwa). Djihad yabajijwe imipuri icyo bisobanura avuga ko imipuri bisobanura ibitsina mu mihanda (hano abari mu rukiko basetse cyane).

Umucamanza yabajije Djihad niba yarasakaje ayo mashusho arahakana. Yabajijwe uko ayo mashusho yamugezeho, avuga ko yayikuye muri group ya WhatsApp yise Abashu. Djihad yavuze ko atazi uwoheje ayo mashusho. 

Me Bayisabe Irene na Fatikaramu Jean Pierre

Me Fatikaramu Jean Pierre yavuze ko ibyavuzwe n'ubushinjacyaha bihabanye n'ibyaregewe. Yavuze ko hari ibyo bongeyemo mu ijoro ryo ku wa 10 Ukuboza 2025. Yavuze ko hari ifoto bashyizemo nyuma nyamara bakabaye barazibajijweho. Yibukije urukiko ko Djihad atigeze atangaza amashusho y'urukozasoni ya Yampano. Yasoje asaba urukiko kurekura Uzabakiriho Cyprien alias Djihad. Yavuze ko yakurikiranwa ari hanze hashingiwe ku ngingo ya 66 n'iya 80 kandi yavuze ko ntaho yatorokera ubutabera. 

Urukiko rwabajije Me Fatikaramu Jean Pierre icyo ashingiraho avuga ko Djihad aho akorera hazwi. Me Irene Bayisabe yavuze ko ayo mashusho yasakajwe n'abafite inshingano zo kureberera inyungu Yampano (Management).

Me Bayisabe yavuze ko biriya Yampano yakoze yari agamije gutwika(kwamamaza igihangano) noneho igashyirwa hanze n'abo mu ikipe ye.

 Indi mpamvu Me Irene yagaragaje yavuze ko Yampano ashobora kuba yarashakaga inzira zo kujya hanze (guhunga).

Me Irene yavuze ko ayo mashusho ari ku rukuta rwa Yampano kandi harimo amashusho aryamana n'umugore we. Me Irene yavuze ko Yampano ari we wasakaje ayo mashusho kuko yayabitse ahantu atagenzura wenyine.

Me Irene Bayisabe yabwiye urukiko ko ingingo ya 66 ivuga ko umuntu akurikiranwa adafunze. Yanavuze ko ibyagezweho by'ibanze mu iperereza aribyo bituma Ubushinjacyaha nta kindi gihe bakeneye cyo gukora iperereza.

Me Irene Bayisabe, Urukiko rwamubwiye ko usibye kuba ari umwunganizi wa Djihad batamuzi niba ari inyangamugayo.

Irene Bayisabe yavuze ko we na Me Fatikaramu Jean Pierre bajya gushaka ibyangombwa byerekana ko ari inyangamugayo.

Me Irene Bayisabe yavuze ko ariya mashusho yasakajwe muri group ya WhatsApp n'uwitwa Rukundo Hertier, bityo Djihad akaba akwiriye gukurikiranwa ari hanze.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya

Ubushinjacyaha bwavuze ko Djihad yashyize amashusho kuri WhatsApp status ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, bityo abamukurikira bose babonye ayo mashusho.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko hari umutangabuhamya witwa Eric Semuhungu wahamije ko yabonye ayo mashusho.

Ubushinjacyaha bwanasubije Me wa Nestor ko uwo yunganira yasakaje amashusho kandi bigize icyaha.

Me Irene Bayisabe yavuze ko kuba Eric Semuhungu yarabonye amashusho kuri WhatsApp ya Odette ariko handitseho Djihad bidasobanura uwo yunganira kuko ba Djihad ari benshi.

Yabajije Ubushinjacyaha niba bafite amazina yanditse kuri iyo foto. 

Yibukije urukiko ko ingingo ya 11 ivuga ko iyo habayeho kwivuguruza ku Ubushinjacyaha biha amahirwe abaregwa yo kuba umwere. Iburanisha ryapfunfikiwe urubanza ruzasomwa ku wa 17 Ukuboza 2025 saa munani.

Ubushinjacyaha bwasabiye abarimo Djihad gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Dec 11, 2025 - 14:08
Dec 11, 2025 - 15:29
 0
Ubushinjacyaha bwasabiye abarimo Djihad gufungwa iminsi 30 y'agateganyo

Ku wa 11 Ukuboza 2025 Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije dosiye y'abarimo Djihad Ishimwe Francois Xavier, Kwizera Nestor alias Pappy Nestor.


Inteko iburanisha igizwe n'abacamanza babiri, mu gihe Ubushinjacyaha bwunganiwe n'Umushinjacyaha umwe.

Ishimwe Francois Xavier yavuze ko Me yamutengushye akaba atitabiriye iburanisha. Urukiko rwamubajije niba yarabonye dosiye noneho avuga ko bari bumvikanye ko azaza kumwunganira. Urukiko rwahereye ku bafite abunganizi.

Impamvu zikomeye zagaragajwe n'ubushinjacyaha 

 Ishimwe mu ibazwa yavuze ko amashusho yayabonye ayahawe. Uwayamuhaye ntiyamuvuze. Raporo ya Cyber yerekanye ko afite group ya WhatsApp isakaza amashusho y'urukozasoni. Yishyuzaga 100 Frw, 200 Frw ku mashusho ya Yampano. 

Uzabakiriho Cyprien alias Djihad 

Mu ibazwa Djihad yahakanye ibyaha byose. Basanze afite amashusho y'urukozasoni atanu (5)ya Yampano. Ubushinjacyaha bwavuze ko hari abatangabuhamya; Eric Semuhungu na Aaron Niyonagize ariko ubuhamya bwabo ntiburavugwaho mu rukiko. 

Hari group ya WhatsApp y'Abashu. Raporo ta Cyber yerekanye ko afite urubuga rwa WhatsApp yitwa Abashu Mupo Nyonyo irimo abasaga 989.

Irimo amashusho y'urukozasoni. Mu butumwa bwo muri iyo group ya WhatsApp hari aho Djihad (admin) yabwiye abantu 989 ko hari amashusho y'urukozasoni. 

Amashusho ya Yampano nayo bayishyize muri iyo group y'Abashu.

Kuri Kwizera Nestor alias Pappy Nesta yahaye amashusho Kjon. Ubushinjacyaha bwasabye ko bafungwa iminsi 30 y'agateganyo kuko Impamvu zikomeye, dosiye iracyakurikiranwa, ikindi bafite amatsinda ya WhatsApp basakazamo amashusho y'urukozasoni.

 Itegeko riteganya ko ibyaha bakurikiranyweho biramutse bibahamye bahanishwa igifungo cy'imyaka irengeje ibiri.

Ishimwe yireguye avuga ko nta mashusho yasakaje. Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.

Kwizera Nestor yavuze ko amashusho y'urukozasoni ya Yampano yayabonye mu Ugushyingo 2025. Nyuma yayahaye Kjohn. 

Kwizera Nestor alias Pappy amashusho y'urukozasoni yamugezeho avuye ku witwa Florence. 

Urukiko rwabajije Ubushinjacyaha uwakwirakwije amashusho y'urukozasoni ya Yampano. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko raporo ya Cyber yerekanye ko Pazzo Man yahaye amashusho Dumba Muzafaru uba muri Canada. 

Nyuma rero barayasakaje bityo agera kuri benshi. Ubushinjacyaha bwavuze ko muri group ya WhatsApp ya Djihad yasakajwe n'uwitwa Rukundo Hertier.

Uwunganira Ishimwe Nestor yavuze ko Ubushinjacyaha bwivuguruje. Nyamara iyo habayeho kwivuguruza biha amahirwe uregwa. Umunyamategeko yavuze ko ikiri kuburanwa ari ugusakaza amashusho y'urukozasoni atari ukwakira ayo mashusho.

Uyu munyamategeko yagaragaje Yampano nk'uwakoze ibyaha kuko yabitse amashusho kuri email iriho abantu 4. 

Uwunganira Ishimwe Nestor yavuze ko email ari urubuga nkoranyambaga kuko ni murandasi. Yabwiye urukiko ko icyaha Ishimwe Nestor icyaha akurikiranyweho kidafatika.

Yanavuze ko kuba yaremeye ko yahaye Kjon ayo mashusho nta cyaha yakoze kuko yarayamuhaye (sharing) ntabwo yayasakaje (publishing).

Yanagarutse ku kuba Ubushinjacyaha buri kugenekereza bidakwiriye gutuma uwo yunganira adafungwa iminsi 30 y'agateganyo. Habayeho impaka ku ngingo ya 80 yo mu gitabo mpanabyaha aho uwunganira Ishimwe Nestor yari yavuze ko batazayishingira.

Urukiko rwamwibukike ko iyo ngingo ariyo isaba ko ukurikiranwa akwiriye gufungurwa.

Uzabakiriho Cyprien alias Djihad yahakanye ibyo aregwa byose. Yavuze ko mu Bugenzacyaha abazwa basanze ayo mashusho ntayo atunze muri telefoni ye. Yasabye ko Ubushinjacyaha bwakwerekana niba yarasakaje ayo mashusho.

Yemeye ko yakoze ikiganiro ku mashusho ya Yampano ariko yatangaga inama abuza abantu gusakaza amashusho y'urukozasoni. 

Urukiko rwafashe umwanya rukina amashusho y'ikiganiro cya Djihad avugamo amagambo umupuri(Igitsina cy'umugore/umukobwa). Djihad yabajijwe imipuri icyo bisobanura avuga ko imipuri bisobanura ibitsina mu mihanda (hano abari mu rukiko basetse cyane).

Umucamanza yabajije Djihad niba yarasakaje ayo mashusho arahakana. Yabajijwe uko ayo mashusho yamugezeho, avuga ko yayikuye muri group ya WhatsApp yise Abashu. Djihad yavuze ko atazi uwoheje ayo mashusho. 

Me Bayisabe Irene na Fatikaramu Jean Pierre

Me Fatikaramu Jean Pierre yavuze ko ibyavuzwe n'ubushinjacyaha bihabanye n'ibyaregewe. Yavuze ko hari ibyo bongeyemo mu ijoro ryo ku wa 10 Ukuboza 2025. Yavuze ko hari ifoto bashyizemo nyuma nyamara bakabaye barazibajijweho. Yibukije urukiko ko Djihad atigeze atangaza amashusho y'urukozasoni ya Yampano. Yasoje asaba urukiko kurekura Uzabakiriho Cyprien alias Djihad. Yavuze ko yakurikiranwa ari hanze hashingiwe ku ngingo ya 66 n'iya 80 kandi yavuze ko ntaho yatorokera ubutabera. 

Urukiko rwabajije Me Fatikaramu Jean Pierre icyo ashingiraho avuga ko Djihad aho akorera hazwi. Me Irene Bayisabe yavuze ko ayo mashusho yasakajwe n'abafite inshingano zo kureberera inyungu Yampano (Management).

Me Bayisabe yavuze ko biriya Yampano yakoze yari agamije gutwika(kwamamaza igihangano) noneho igashyirwa hanze n'abo mu ikipe ye.

 Indi mpamvu Me Irene yagaragaje yavuze ko Yampano ashobora kuba yarashakaga inzira zo kujya hanze (guhunga).

Me Irene yavuze ko ayo mashusho ari ku rukuta rwa Yampano kandi harimo amashusho aryamana n'umugore we. Me Irene yavuze ko Yampano ari we wasakaje ayo mashusho kuko yayabitse ahantu atagenzura wenyine.

Me Irene Bayisabe yabwiye urukiko ko ingingo ya 66 ivuga ko umuntu akurikiranwa adafunze. Yanavuze ko ibyagezweho by'ibanze mu iperereza aribyo bituma Ubushinjacyaha nta kindi gihe bakeneye cyo gukora iperereza.

Me Irene Bayisabe, Urukiko rwamubwiye ko usibye kuba ari umwunganizi wa Djihad batamuzi niba ari inyangamugayo.

Irene Bayisabe yavuze ko we na Me Fatikaramu Jean Pierre bajya gushaka ibyangombwa byerekana ko ari inyangamugayo.

Me Irene Bayisabe yavuze ko ariya mashusho yasakajwe muri group ya WhatsApp n'uwitwa Rukundo Hertier, bityo Djihad akaba akwiriye gukurikiranwa ari hanze.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya

Ubushinjacyaha bwavuze ko Djihad yashyize amashusho kuri WhatsApp status ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, bityo abamukurikira bose babonye ayo mashusho.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko hari umutangabuhamya witwa Eric Semuhungu wahamije ko yabonye ayo mashusho.

Ubushinjacyaha bwanasubije Me wa Nestor ko uwo yunganira yasakaje amashusho kandi bigize icyaha.

Me Irene Bayisabe yavuze ko kuba Eric Semuhungu yarabonye amashusho kuri WhatsApp ya Odette ariko handitseho Djihad bidasobanura uwo yunganira kuko ba Djihad ari benshi.

Yabajije Ubushinjacyaha niba bafite amazina yanditse kuri iyo foto. 

Yibukije urukiko ko ingingo ya 11 ivuga ko iyo habayeho kwivuguruza ku Ubushinjacyaha biha amahirwe abaregwa yo kuba umwere. Iburanisha ryapfunfikiwe urubanza ruzasomwa ku wa 17 Ukuboza 2025 saa munani.