issa
Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani izajya inyura ku rubuga rwa Facebook

Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani izajya inyura ku rubuga rwa Facebook

Dec 11, 2025 - 11:39
 0

Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani igiye kujya inyuzwa ku rubuga rwa Facebook mu buryo bwo gufasha abanya-Sudani bakunda iyi kipe.


Ku wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, nibwo amakipe yo muri Sudani yatangaje ko imikino yayo igiye kujya inyura ku rubuga rwa Facebook mu buryo bwo gufasha abakunzi bazo babarizwa mu bihugu by'Abarabu baba bifuza kureba iyi mikino ya Shampiyona y'aya makipe.

Ibi byatangajwe nyuma y'ibiganiro byabaye hagati y'ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda (FERWAFA), Rwanda Premier League ndetse n'ubuyobozi bw'aya makipe yo muri Sudani, bemeranya ko aya makipe imikino azajya akina ya Shampiyona izajya ica kuri Facebook.

Ibihugu byinshi by'Abarabu, bikunze gukoresha urubuga rwa Facebook cyane ni nayo mpamvu hafashwe umwanzuro wo kuzajya iyi mikino inyuzwa kuri uru rubuga. Umukino wa mbere uratangira unyuraho ni uwurahuza Al Hilal Omdurman na Bugesera FC uteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025.

Amakipe yo muri Sudani arimo Al Hilal Omdurman ndetse na Al Merrikh SC, hari ibyo yemerewe muri Shampiyona ariko hari nibyo atazahabwa bihabwa amakipe asanzwe abarizwa hano mu Rwanda. Umuyobozi wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, ubwo bemereraga aya makipe yatangaje ko amafaranga bazahereza ikipe zisanzwe hano mu Rwanda, aya makipe aturuka muri Sudani yo ntabwo azayabona kuko muri Bije bari bakoze mbere ntabwo zari zirimo.

Hashize igihe kitari kinini aya makipe atangiye gukina Shampiyona y'u Rwanda ariko ubona ko hari imbaraga, imitekerereze yazanye mu banyamupira bijyanye n'ubushobozi afite mu buryo bw'imikinire.

Al Hilal Omdurman mu mikino ine imaze gukina muri Shampiyona y'u Rwanda, yatsinzemo imikino itatu inganya umukino umwe, kugeza ubu yicaye ku mwanya wa 14 n'amanota 10. Al Merrikh SC imaze gukina imikino itandatu iri ku mwanya wa 10 n'amanota 12.

Al Hilal Omdurman ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona 

Al Merrikh SC ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona y'u Rwanda 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani izajya inyura ku rubuga rwa Facebook

Dec 11, 2025 - 11:39
 0
Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani izajya inyura ku rubuga rwa Facebook

Imikino ya Shampiyona y'u Rwanda y'amakipe yo muri Sudani igiye kujya inyuzwa ku rubuga rwa Facebook mu buryo bwo gufasha abanya-Sudani bakunda iyi kipe.


Ku wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, nibwo amakipe yo muri Sudani yatangaje ko imikino yayo igiye kujya inyura ku rubuga rwa Facebook mu buryo bwo gufasha abakunzi bazo babarizwa mu bihugu by'Abarabu baba bifuza kureba iyi mikino ya Shampiyona y'aya makipe.

Ibi byatangajwe nyuma y'ibiganiro byabaye hagati y'ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda (FERWAFA), Rwanda Premier League ndetse n'ubuyobozi bw'aya makipe yo muri Sudani, bemeranya ko aya makipe imikino azajya akina ya Shampiyona izajya ica kuri Facebook.

Ibihugu byinshi by'Abarabu, bikunze gukoresha urubuga rwa Facebook cyane ni nayo mpamvu hafashwe umwanzuro wo kuzajya iyi mikino inyuzwa kuri uru rubuga. Umukino wa mbere uratangira unyuraho ni uwurahuza Al Hilal Omdurman na Bugesera FC uteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025.

Amakipe yo muri Sudani arimo Al Hilal Omdurman ndetse na Al Merrikh SC, hari ibyo yemerewe muri Shampiyona ariko hari nibyo atazahabwa bihabwa amakipe asanzwe abarizwa hano mu Rwanda. Umuyobozi wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, ubwo bemereraga aya makipe yatangaje ko amafaranga bazahereza ikipe zisanzwe hano mu Rwanda, aya makipe aturuka muri Sudani yo ntabwo azayabona kuko muri Bije bari bakoze mbere ntabwo zari zirimo.

Hashize igihe kitari kinini aya makipe atangiye gukina Shampiyona y'u Rwanda ariko ubona ko hari imbaraga, imitekerereze yazanye mu banyamupira bijyanye n'ubushobozi afite mu buryo bw'imikinire.

Al Hilal Omdurman mu mikino ine imaze gukina muri Shampiyona y'u Rwanda, yatsinzemo imikino itatu inganya umukino umwe, kugeza ubu yicaye ku mwanya wa 14 n'amanota 10. Al Merrikh SC imaze gukina imikino itandatu iri ku mwanya wa 10 n'amanota 12.

Al Hilal Omdurman ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona 

Al Merrikh SC ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona y'u Rwanda