issa
Ngoma: Ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi

Ngoma: Ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi

Jun 12, 2026 - 14:30
 0

Umugabo ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 wo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi


Uyu mwana w’umukobwa yishwe mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2026 rishyira ku wa Kane tariki 11 n’abantu batari bamenyekana.

Abatuye mu Mudugudu wa Kamvumba mu Kagari Kinunga, aho nyakwigendera avuka, bavuze ko uwo mwana w'umukobwa yiciwe mu nzu yararanagamo n'abana babiri bavukana mu gihe ababyeyi babo bo bararaga mu nzu nini byegeranye ndetse bagashimangira ko yishwe aciwe umutwe n’ikiganza n’amabere.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace babwiye UKWELITIMES, ko bafite amakuru y’uko uwishe uwo mwana w’umukobwa yafashwe akaraswa agapfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Niyigena Alex yemereye UKWELITIMES, ko ukekwaho kwica uyu mwana w’umukobwa yatawe muri yombi ariko ibyo kumurasa atabizi.

Yagize ati “ Icyo nzi n’uko yafashwe ariko ibyo kuvuga ko yarashwe simbizi mwabibaza inzego zibishinzwe.”

Umunyamakuru wa UKWELITIMES, yagerageje guhamagara nimero ya Telefone y’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, SSP Hamdun Twizeyimana ariko ntiyabasha kuyitaba.

Ngoma: Ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi

Jun 12, 2026 - 14:30
Jun 12, 2026 - 14:51
 0
Ngoma: Ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi

Umugabo ukekwaho kwica umukobwa w'imyaka 17 wo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, amuciye ijosi n'ikiganza yatawe muri yombi


Uyu mwana w’umukobwa yishwe mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2026 rishyira ku wa Kane tariki 11 n’abantu batari bamenyekana.

Abatuye mu Mudugudu wa Kamvumba mu Kagari Kinunga, aho nyakwigendera avuka, bavuze ko uwo mwana w'umukobwa yiciwe mu nzu yararanagamo n'abana babiri bavukana mu gihe ababyeyi babo bo bararaga mu nzu nini byegeranye ndetse bagashimangira ko yishwe aciwe umutwe n’ikiganza n’amabere.

Bamwe mu baturage bo muri aka gace babwiye UKWELITIMES, ko bafite amakuru y’uko uwishe uwo mwana w’umukobwa yafashwe akaraswa agapfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Niyigena Alex yemereye UKWELITIMES, ko ukekwaho kwica uyu mwana w’umukobwa yatawe muri yombi ariko ibyo kumurasa atabizi.

Yagize ati “ Icyo nzi n’uko yafashwe ariko ibyo kuvuga ko yarashwe simbizi mwabibaza inzego zibishinzwe.”

Umunyamakuru wa UKWELITIMES, yagerageje guhamagara nimero ya Telefone y’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, SSP Hamdun Twizeyimana ariko ntiyabasha kuyitaba.