issa
Madame Jeanette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat

Madame Jeanette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat

Mar 18, 2026 - 10:55
 0

Doja Cat yataramiye muri Bk Arena mu gitaramo kigamije kwerekana ko umugabane w'Afurika ufite ubushobozi bwo kwakira ibirori byo ku rwego mpuzamahanga, guhugura urubyirubo no guhanga akazi.


Mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe 2026 muri Bk Arena habereye igitaramo cyateguwe na Global Citizen mu iserukiramuco ryitwa Move Afrika. Ni ku nshuro ya gatatu iryo serukiramuco ribaye. Madamu Jeannette Kagame yari kumwe n’umuhanzikazi Khadja Nin muri icyo gitaramo.

Mu ijambo rya Hugh Evans,yashimiye Perezida Kagame ku kuba barakiriwe neza mu Rwanda. Ati”Nta hantu heza natekereje harenze Kigali,bwa mbere twari dufite Kendrick Lamar, ku nshuro ya kabiri twakiriye John Legend, none uyu munsi turi kumwe na Doja Cat”.

Iki gitaramo gitegurwa na Global Citizen ku bufatanye n’Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere’RDB’. Bwari ubwa mbere Doja Cat ataramiye muri Afurika, akaba ku wa 20 Werurwe 2026 azataramira muri Afurika y’Epfo, mu nyubako yitwa SunBet Arena.

Madame Jeanette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat

Mar 18, 2026 - 10:55
 0
Madame Jeanette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat

Doja Cat yataramiye muri Bk Arena mu gitaramo kigamije kwerekana ko umugabane w'Afurika ufite ubushobozi bwo kwakira ibirori byo ku rwego mpuzamahanga, guhugura urubyirubo no guhanga akazi.


Mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe 2026 muri Bk Arena habereye igitaramo cyateguwe na Global Citizen mu iserukiramuco ryitwa Move Afrika. Ni ku nshuro ya gatatu iryo serukiramuco ribaye. Madamu Jeannette Kagame yari kumwe n’umuhanzikazi Khadja Nin muri icyo gitaramo.

Mu ijambo rya Hugh Evans,yashimiye Perezida Kagame ku kuba barakiriwe neza mu Rwanda. Ati”Nta hantu heza natekereje harenze Kigali,bwa mbere twari dufite Kendrick Lamar, ku nshuro ya kabiri twakiriye John Legend, none uyu munsi turi kumwe na Doja Cat”.

Iki gitaramo gitegurwa na Global Citizen ku bufatanye n’Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere’RDB’. Bwari ubwa mbere Doja Cat ataramiye muri Afurika, akaba ku wa 20 Werurwe 2026 azataramira muri Afurika y’Epfo, mu nyubako yitwa SunBet Arena.