issa
Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila imushinja gushyigikira imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila imushinja gushyigikira imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Apr 30, 2026 - 21:21
 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, zimushinja kugira uruhare mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’icyo gihugu.


Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 30 Mata 2026 rivuga ko Amerika yafashe iki cyemezo binyuze mu rwego rwayo rushinzwe kugenzura imitungo n’ibihano, ruzwi nka Office of Foreign Assets Control (OFAC), aho Kabila yashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano kubera uruhare akekwaho mu guhungabanya umutekano wa RDC.

Amerika ivuga ko uyu munyapolitiki ashyigikira imitwe yitwaje intwaro irimo M23 n’uwitwa Alliance Fleuve Congo.

Ibi bihano bivuze ko imitungo yose Joseph Kabila yaba afite iri mu maboko cyangwa igenzurwa n’inzego za Amerika ihagaritswe, ndetse n’abaturage cyangwa ibigo byo muri Amerika bakaba batemerewe kugirana na we ubucuruzi ubwo ari bwo bwose.

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila imushinja gushyigikira imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Apr 30, 2026 - 21:21
 0
Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila imushinja gushyigikira imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, zimushinja kugira uruhare mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’icyo gihugu.


Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 30 Mata 2026 rivuga ko Amerika yafashe iki cyemezo binyuze mu rwego rwayo rushinzwe kugenzura imitungo n’ibihano, ruzwi nka Office of Foreign Assets Control (OFAC), aho Kabila yashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano kubera uruhare akekwaho mu guhungabanya umutekano wa RDC.

Amerika ivuga ko uyu munyapolitiki ashyigikira imitwe yitwaje intwaro irimo M23 n’uwitwa Alliance Fleuve Congo.

Ibi bihano bivuze ko imitungo yose Joseph Kabila yaba afite iri mu maboko cyangwa igenzurwa n’inzego za Amerika ihagaritswe, ndetse n’abaturage cyangwa ibigo byo muri Amerika bakaba batemerewe kugirana na we ubucuruzi ubwo ari bwo bwose.