issa
Ishyaka rya Joseph Kabila ryasubukuye ibikorwa muri Congo

Ishyaka rya Joseph Kabila ryasubukuye ibikorwa muri Congo

May 7, 2025 - 16:59
 0

Iri shyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie) rya Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryasubukuye ibikorwa byaryo ku butaka bw'iki gihugu, kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025.


Iri shyaka rivuga ko ryasubukuye ibikorwa byaryo nyuma y'uko ibihano ryari ryafatiwe n’ubutegetsi byo kurihagarika, ryasanze nta gaciro bifite.

Binyuze mu itangazo iri shyaka ryashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, ryavuze ko umwanzuro watangajwe tariki 19 Mata 2025 ugashyirwaho umukono na Minisitiri w’Intebe Wungirije ushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu wo guhagarika ibikorwa bya PPRD, wamaze guta agaciro.

Iri shyaka rya Joseph Kabila, rivuga ko iyo minsi igenwa n’itegeko n°04/002 ryo mu mategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarangiye nta cyemezo cy’urwego rw’ubucamanza gitangajwe, ibyo rivuga bita agaciro.

Iri tegeko rivuga ko umwanzuro wafashwe iyo urengeje iminsi 15 utaremezwa n’urwego rubifitiye ububasha mu buryo bwa burundu, uhita uta agaciro.

Iri shyaka rikomeza rivuga ko uyu mwanzuro wari wafashwe bitanyuze mu mucyo kuko ntaho wari ushingiye, ahubwo kwari ugushyira igitutu ku rubuga rumwe rwa politiki.

PPRD yatangarije abakozi bayo gukomeza ibikorwa byabyo nk'uko byari bisanzwe.

DRC yari yafashwe umwanzuro wo guhagarika ibikorwa by'ishyaka PPPC ku itariki 19 Mata 2025, nyuma yo kwita Joseph Kabila umugambanyi ushyigikiye AFC/M23.

Ishyaka PPRD ryiyemeje gusubukura ibikorwa byaryo 

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Ishyaka rya Joseph Kabila ryasubukuye ibikorwa muri Congo

May 7, 2025 - 16:59
 0
Ishyaka rya Joseph Kabila ryasubukuye ibikorwa muri Congo

Iri shyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie) rya Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryasubukuye ibikorwa byaryo ku butaka bw'iki gihugu, kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025.


Iri shyaka rivuga ko ryasubukuye ibikorwa byaryo nyuma y'uko ibihano ryari ryafatiwe n’ubutegetsi byo kurihagarika, ryasanze nta gaciro bifite.

Binyuze mu itangazo iri shyaka ryashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, ryavuze ko umwanzuro watangajwe tariki 19 Mata 2025 ugashyirwaho umukono na Minisitiri w’Intebe Wungirije ushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu wo guhagarika ibikorwa bya PPRD, wamaze guta agaciro.

Iri shyaka rya Joseph Kabila, rivuga ko iyo minsi igenwa n’itegeko n°04/002 ryo mu mategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarangiye nta cyemezo cy’urwego rw’ubucamanza gitangajwe, ibyo rivuga bita agaciro.

Iri tegeko rivuga ko umwanzuro wafashwe iyo urengeje iminsi 15 utaremezwa n’urwego rubifitiye ububasha mu buryo bwa burundu, uhita uta agaciro.

Iri shyaka rikomeza rivuga ko uyu mwanzuro wari wafashwe bitanyuze mu mucyo kuko ntaho wari ushingiye, ahubwo kwari ugushyira igitutu ku rubuga rumwe rwa politiki.

PPRD yatangarije abakozi bayo gukomeza ibikorwa byabyo nk'uko byari bisanzwe.

DRC yari yafashwe umwanzuro wo guhagarika ibikorwa by'ishyaka PPPC ku itariki 19 Mata 2025, nyuma yo kwita Joseph Kabila umugambanyi ushyigikiye AFC/M23.

Ishyaka PPRD ryiyemeje gusubukura ibikorwa byaryo