Abantu 41 bapfiriye mu gukozanyaho k'Ubuhinde na Pakistan
Ubuhinde na Pakistan byarenze ku gucungana ku jisho gusa, irasana ku mande zombi rihitana abasivile bagera kuri 41.
Ku ruhande rw'u Buhinde, igisirikare cy'iki gihugu cyatangaje ko abantu 15 bapfiriye mu kurasana kwabayeho abandi 43 barakomereka, biturutse ku rufaya rw’amasasu yarashwe n’ingabo za Pakistan.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu nibwo habayeho kurasana mu duce twa Poonch na Tangdar duherereye muri Kashmir.
Pakistan yo ivuga ko abantu 26 bayo bishwe n’ibitero by’indege byagabwe n'ingabo z'Ubuhinde nubwo hari ibyo yabashije guhagarika.
Kutumvikana hagati y'ibi bihugu byombi byongeye kuzamuka nyuma y'uko Ubuhinde bushinja Pakistan gucumbikira abarwanyi bagabye igitero muri Kashmir ku ruhande rw'Ubuhinde, bukavuga ko ibyo bwagabye muri Kashmir ku ruhande rwa Pakistan ari kwihorera.
Pakistan yo ihakana aya makuru avuga ko icumbikiye abarwanyi bagize uruhare mu rupfu rw'abantu bagera kuri 26 biciwe muri Kashmir mu kwezi gushize.
Kuri ruhande rw'ibihugu bikomeye ku Isi nk’Ubufaransa n'Ubwongereza byasabye Ubuhinde na Pakistan guhagarika ubushyamirane hagati yabyo.


Kinyarwanda
English
Swahili









