issa
Abaharanira uburenganzira bo muri Kenya bashimutiwe muri Uganda bakomeje kuburirwa irengero

Abaharanira uburenganzira bo muri Kenya bashimutiwe muri Uganda bakomeje kuburirwa irengero

Oct 3, 2025 - 18:06
 0

Mu gihe hasigaye amezi make ngo Uganda yinjire mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ikibazo cy’iyicarubozo n’ishimutwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gikomeje gukura umutima abatari bake.


Ubu ikibazo gikomeje gusakara ni icy’abaharanira uburenganzira babiri bo muri Kenya – Bob Njagi na Nicholas Oyoo – bivugwa ko bashimutiwe ku butaka bwa Uganda n’abantu bitwaje intwaro, kandi kugeza ubu bakaba bakomeje kuburirwa irengero.

BBC ivuga ko nk’uko ababonye ibyabaye babivuga, aba banya-Kenya babiri bari mu bikorwa byo gushyigikira Bobi Wine, umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni, ubwo bari mu gikorwa cyo kwamamaza. Bivugwa ko abagabo bane bitwaje intwaro, bari kumwe n’umugore wari mu modoka, babasohoye ku ngufu kuri stasiyo ya lisansi, babashyira mu modoka bahita batwarwa ahantu hataramenyekana.

Bobi Wine, izina rye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yamaganye iki gikorwa avuga ko ari uburyo bwo gutera ubwoba abamushyigikiye, cyane cyane abo mu mahanga.

Yanditse ku rubuga rwa X ati “Ubu butegetsi bubi bukomeje gushimuta abantu butitaye ku mategeko. Turasaba ko abo bavukanyi bacu barekurwa nta kiguzi, kuko icyaha cyabo atari ikindi uretse kuba barifatanyije natwe mu rugamba rwo guharanira impinduka mu gihugu.”

Umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, Kituma Rusoke, yabwiye BBC ko abo bantu “batari mu maboko ya polisi” ahubwo asaba ko “bashakirwa ahandi mu nzego z’umutekano”.

Na ho umuvugizi w’ingabo za Uganda, Felix Kulayigye, yavuze ko atari bubivugeho byinshi kuko ngo “bivugwamo abantu batambaye imyenda ya gisirikare.” Yasabye Bobi Wine n’abamushyigikiye gutanga ibimenyetso bifatika.

Icyakora, abaharanira uburenganzira bavuga ko ibi bisubizo bya Uganda ari uburyo bwo guhunga inshingano.

Amashusho amwe yashyizwe kuri internet yerekana Bob Njagi ari mu bikorwa bya Bobi Wine, bigaragaza ko koko yari afite aho ahuriye n’ibikorwa bya politiki bitavugwaho rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni.

Amnesty International Kenya, Vocal Africa ndetse n’Ishyirahamwe ry’abanyamategeko bo muri Kenya bandikiye Ambasade ya Uganda basaba ibisobanuro. Bagaragaje ko ibyabaye kuri aba banya-Kenya ari “ikindi kigeragezo kigaragaza uburyo ishimutwa n’ubwicanyi ndengakamere bikomeje kwiyongera mu karere.”

Ayo mashyirahamwe yasabye ko Uganda isobanura aho abo bantu bari n’uko bameze, kandi igatanga icyizere cy’uko umutekano wabo urinzwe.

Abasesenguzi bavuga ko niba ibi byemejwe, byaba ari ikibazo gikomeye ku mahame y’uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwa politiki mu karere kose ka Afurika y’Uburasirazuba.

Abaharanira uburenganzira bo muri Kenya bashimutiwe muri Uganda bakomeje kuburirwa irengero

Oct 3, 2025 - 18:06
 0
Abaharanira uburenganzira bo muri Kenya bashimutiwe muri Uganda bakomeje kuburirwa irengero

Mu gihe hasigaye amezi make ngo Uganda yinjire mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ikibazo cy’iyicarubozo n’ishimutwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gikomeje gukura umutima abatari bake.


Ubu ikibazo gikomeje gusakara ni icy’abaharanira uburenganzira babiri bo muri Kenya – Bob Njagi na Nicholas Oyoo – bivugwa ko bashimutiwe ku butaka bwa Uganda n’abantu bitwaje intwaro, kandi kugeza ubu bakaba bakomeje kuburirwa irengero.

BBC ivuga ko nk’uko ababonye ibyabaye babivuga, aba banya-Kenya babiri bari mu bikorwa byo gushyigikira Bobi Wine, umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni, ubwo bari mu gikorwa cyo kwamamaza. Bivugwa ko abagabo bane bitwaje intwaro, bari kumwe n’umugore wari mu modoka, babasohoye ku ngufu kuri stasiyo ya lisansi, babashyira mu modoka bahita batwarwa ahantu hataramenyekana.

Bobi Wine, izina rye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yamaganye iki gikorwa avuga ko ari uburyo bwo gutera ubwoba abamushyigikiye, cyane cyane abo mu mahanga.

Yanditse ku rubuga rwa X ati “Ubu butegetsi bubi bukomeje gushimuta abantu butitaye ku mategeko. Turasaba ko abo bavukanyi bacu barekurwa nta kiguzi, kuko icyaha cyabo atari ikindi uretse kuba barifatanyije natwe mu rugamba rwo guharanira impinduka mu gihugu.”

Umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, Kituma Rusoke, yabwiye BBC ko abo bantu “batari mu maboko ya polisi” ahubwo asaba ko “bashakirwa ahandi mu nzego z’umutekano”.

Na ho umuvugizi w’ingabo za Uganda, Felix Kulayigye, yavuze ko atari bubivugeho byinshi kuko ngo “bivugwamo abantu batambaye imyenda ya gisirikare.” Yasabye Bobi Wine n’abamushyigikiye gutanga ibimenyetso bifatika.

Icyakora, abaharanira uburenganzira bavuga ko ibi bisubizo bya Uganda ari uburyo bwo guhunga inshingano.

Amashusho amwe yashyizwe kuri internet yerekana Bob Njagi ari mu bikorwa bya Bobi Wine, bigaragaza ko koko yari afite aho ahuriye n’ibikorwa bya politiki bitavugwaho rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni.

Amnesty International Kenya, Vocal Africa ndetse n’Ishyirahamwe ry’abanyamategeko bo muri Kenya bandikiye Ambasade ya Uganda basaba ibisobanuro. Bagaragaje ko ibyabaye kuri aba banya-Kenya ari “ikindi kigeragezo kigaragaza uburyo ishimutwa n’ubwicanyi ndengakamere bikomeje kwiyongera mu karere.”

Ayo mashyirahamwe yasabye ko Uganda isobanura aho abo bantu bari n’uko bameze, kandi igatanga icyizere cy’uko umutekano wabo urinzwe.

Abasesenguzi bavuga ko niba ibi byemejwe, byaba ari ikibazo gikomeye ku mahame y’uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwa politiki mu karere kose ka Afurika y’Uburasirazuba.