Museveni yagize amajwi menshi mu ibarura ry'ibanze ry'ibyavuye mu matora
Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda aragaragaza ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni, uhagarariye ishyaka riri ku butegetsi rya NRM, yatangiye kwanikira bikomeye abo bari bahatanye.
Ku wa Kane tariki ya 15 Ukuboza 2026, Abanya-Uganda bazindukiye mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abadepite, amatora yitabiriwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 21 biyandikishije gutora hirya no hino mu gihugu.
Museveni, umaze imyaka igera kuri 40 ayobora Uganda, yari ahatanye n’abandi bakandida barindwi, barimo n’umuhanzi wahindutse umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, ubarirwa mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
Ibyavuye mu majwi y’agateganyo amaze kubarurwa bigaragaza ko Museveni ayoboye n’amajwi 76.25%, angana n’abatora bagera kuri 3,900,000 bamushyigikiye. Bobi Wine akurikiyeho n’amajwi 19.85%, ahwanye n’abamutoye bagera kuri 1,300,000.
Kugeza ubu, amajwi amaze kubarurwa ni ayo kuri site z’itora 45 gusa, mu gihe ayandi majwi ategerejwe gutangazwa saa munani z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ku isaha ya Uganda, arizo saa saba z’i Kigali.
Komisiyo y’Amatora muri Uganda yatangaje ko igikorwa cyo kubarura amajwi gikomeje mu mucyo, isaba abaturage gutuza no gutegereza ibyavuye mu matora bya nyuma bizatangazwa mu masaha ari imbere.


Kinyarwanda
English
Swahili









