Ubutegetsi bwa Perezida Samia buragerwa amajanja
Ibihugu 17 birimo iby'i Burayi, Canada n'Ubumwe bw'Uburayi bishyize hamwe bamenyesha ubuyobozi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan kubahiriza itegeko nshinga no gutanga imirambo y'abishwe mu mvururu zakurikiye amatora.
Nyuma y'uko ku wa 29 Ukwakira 2025 muri Tanzania habaye amatora atagira ihangana, amahanga yararakaye cyane yiyemeza kwisunga abatavuga rumwe n'ubutegetsi mu rwego rwo gusenya Ubumwe, amahoro n'umutekano bya Tanzania.
Ubundi politiki ya bagashakabuhake ntiyemerera Afurika kugira amahoro, ituze,umutekano n'iterambere.
Tanzania imaze imyaka 64 ihumeka Amahoro. Ni nacyo gihugu cyo muri Afurika kitigeze kimenya ko amacakubiri ashingiye ku bwoko abaho bitewe nuko Mwarimu Julius Nyerere kuva yakiyobora, yabatoje politiki yitwa'Siasa ya ujamaa' mbese ni politiki y'ubuvandimwe.
Mu gitondo cyo ku wa 05 Ukuboza 2025 noneho ibihugu bifite za Ambasade muri Tanzania byiteranyije bandika itangazo ririmo ko ubuyobozi busabwa guha ubwisanzure abanyagihugu,kureka abatavuga rumwe n'ubutegetsi bakigaragambya, gutanga imirambo y'abishwe mu mvururu zakurikiye amatora no kubahiriza ibikuye mu itegeko nshinga.
Imbuga nkoranyambaga za Mange Kimambi zarafunzwe ku busabe bwa Leta nyuma y'uko agaragaye anenga Perezida Samia Suluhu Hassan. Uyu wahoze ari umunyamideri nyuma agahinduka impirimbanyi ya politiki ni umwe mu bakoresheje imbuga nkoranyambaga ze mu gushishikariza abantu kwigaragambya.
Perezida Samia ari mu ihurizo ryo kuyobora igihugu gisa nk'icyacitsemo ibice ku nyungu z'abazungu.


Kinyarwanda
English
Swahili









