issa
Umunya-Canada akoreye amateka mu Rwanda, abanyarwandakazi bava mu isiganwa kare

Umunya-Canada akoreye amateka mu Rwanda, abanyarwandakazi bava mu isiganwa kare

Sep 27, 2025 - 17:16
 0

Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yegukanye Shampiyona y'isi y'Amagare bakinira mu muhanda mu bagore babigize umwuga.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, nibwo Shampiyona y'isi y'Amagare iri kubera hano mu Rwanda hakinwe umunsi ubanziriza uwa nyuma.

Ni ibyiciro bibiri birimo Abangavu batarengeje Imyaka 19 basiganwe intera ireshya na Kilometero 74 yegukanwe na Paula Ostiz Taco ukomoka muri Esipanye.

Ku isaha ya saa Sita z'amanwa n'iminota 5, nibwo hatangiye gukinwa mu cyiciro cy'abagore babigize umwuga. Muri iri siganwa abakinnyi 104 baturutse mu bihugu 44, nibo basiganwaga. Byari ibirometero 164 na Metero 600 byakozwe uyu munsi.

Muri iki cyiciro cy'Abagore babigize umwuga, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Nirere Xaverine, Ingabire Diane, Nzayisenga Valentine na Irakoze Neza Violette.

Ku isaha ya saa Kumi n'iminota 45, nibwo umunya-Canada, Magdeleine Vallieres w'imyaka 24, yageze ku murongo usorezwaho. Uyu mukinnyi yakoresheje Amasaha 4 n'iminota 34 n'amasegonga 47. 

Umunya-Nouvelle-Zelande, Niamh Fisher-Black, yegukanye umwanya wa kabiri yasizwe amasegonda 23 naho umwanya wa gatatu utwarwa n'Umunya-Espagne, Mavi García, wasizwe amasegonda 27.

Nzayisenga Valentine ubwo harimo kuzenguruka inshuro ya 4 muri 11 yahise afatwa n'abari imbere bituma ahita avanwa mu isiganwa. Violette Irakoze yavuye mu isiganwa nawe azengurutse inshuro Eshanu zonyine. Ingabire Diane yavuye mu isiganwa nawe amaze kuzenguruka inshuro ya Gatandatu. Nta munyarwana n'umwe wigeze asoza iri siganwa.

Uyu munya-Canada Magdeleine Vallieres, atwaye Shampiyona y'isi y'Amagare mu Bagore ku nshuro ya Gatatu kuko muri 2019 yarabikoze, muri 2020 yararitwaye ndetse n'iri ryaberaga mu Rwanda.

Ku cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, nibwo amateka u Rwanda rwanditse hano muri Afurika azasozwa. Ni Shampiyona y'isi y'Amagare irimo kubera hano mu Rwanda ku nshuro ya mbere ibere muri Afurika. Ni isiganwa ringana na Metero 267 na Metero 500 rizitabirwa n'abagabo babigize umwuga.

Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yatwaye Shampiyona y'isi y'Amagare mu Bagore babigize umwuga

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Umunya-Canada akoreye amateka mu Rwanda, abanyarwandakazi bava mu isiganwa kare

Sep 27, 2025 - 17:16
 0
Umunya-Canada akoreye amateka mu Rwanda, abanyarwandakazi bava mu isiganwa kare

Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yegukanye Shampiyona y'isi y'Amagare bakinira mu muhanda mu bagore babigize umwuga.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, nibwo Shampiyona y'isi y'Amagare iri kubera hano mu Rwanda hakinwe umunsi ubanziriza uwa nyuma.

Ni ibyiciro bibiri birimo Abangavu batarengeje Imyaka 19 basiganwe intera ireshya na Kilometero 74 yegukanwe na Paula Ostiz Taco ukomoka muri Esipanye.

Ku isaha ya saa Sita z'amanwa n'iminota 5, nibwo hatangiye gukinwa mu cyiciro cy'abagore babigize umwuga. Muri iri siganwa abakinnyi 104 baturutse mu bihugu 44, nibo basiganwaga. Byari ibirometero 164 na Metero 600 byakozwe uyu munsi.

Muri iki cyiciro cy'Abagore babigize umwuga, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Nirere Xaverine, Ingabire Diane, Nzayisenga Valentine na Irakoze Neza Violette.

Ku isaha ya saa Kumi n'iminota 45, nibwo umunya-Canada, Magdeleine Vallieres w'imyaka 24, yageze ku murongo usorezwaho. Uyu mukinnyi yakoresheje Amasaha 4 n'iminota 34 n'amasegonga 47. 

Umunya-Nouvelle-Zelande, Niamh Fisher-Black, yegukanye umwanya wa kabiri yasizwe amasegonda 23 naho umwanya wa gatatu utwarwa n'Umunya-Espagne, Mavi García, wasizwe amasegonda 27.

Nzayisenga Valentine ubwo harimo kuzenguruka inshuro ya 4 muri 11 yahise afatwa n'abari imbere bituma ahita avanwa mu isiganwa. Violette Irakoze yavuye mu isiganwa nawe azengurutse inshuro Eshanu zonyine. Ingabire Diane yavuye mu isiganwa nawe amaze kuzenguruka inshuro ya Gatandatu. Nta munyarwana n'umwe wigeze asoza iri siganwa.

Uyu munya-Canada Magdeleine Vallieres, atwaye Shampiyona y'isi y'Amagare mu Bagore ku nshuro ya Gatatu kuko muri 2019 yarabikoze, muri 2020 yararitwaye ndetse n'iri ryaberaga mu Rwanda.

Ku cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, nibwo amateka u Rwanda rwanditse hano muri Afurika azasozwa. Ni Shampiyona y'isi y'Amagare irimo kubera hano mu Rwanda ku nshuro ya mbere ibere muri Afurika. Ni isiganwa ringana na Metero 267 na Metero 500 rizitabirwa n'abagabo babigize umwuga.

Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yatwaye Shampiyona y'isi y'Amagare mu Bagore babigize umwuga