Sadio Mané yakebuye CAF ashinja Ruswa umupira w’Afurika
Nyuma y’uko Senegal yambuwe igikombe cya Afurika cya AFCON 2025, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal hamwe n’abakinnyi benshi bagaragaje uburakari ku cyemezo cya CAF.
Ibi Sadio Mane kimwe n’abandi batanze ibi bitekerezo kuri uyu wa Gatatu nyuma y’icyemezo cya CAF cyasohotse mu ijoro cyivuga ko ikipe y’igihugu ya Senegal yambuwe igikombe cy’Afurika kubera imvururu bateje mu mukino wa nyuma batsinzemo Morocco igitego 1-0.
Mu magambo Sadio Mané yanyujije ku rubuga rwa Instagram, yagize ati “ Ibi byabaye birenze urugero. Si umukino w’umupira w’amaguru twaharanira, kandi si Afurika twizera. Hari ruswa nyinshi mu mupira wacu, kandi ibi biri kwica urukundo rw’abafana barenga miliyoni ku mugabane wose. Abakinnyi batanga byose mu kibuga, ariko ibyemezo bifatwa hanze y’ikibuga bigena umusaruro w’imikino n’ibikombe.”
Mané yavuze ko yatewe agahinda gakomeye ndetse agaragaza ko igihugu cye, umupira w’amaguru muri Afurika ndetse n’abafana bakwiye kurindwa, ubutabera, gukorera mu mucyo no kubahwa.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal ryatangaje ko rizajya gusaba ubujurire mu Rukiko rw’Uburenganzira ku Mupira w’Amaguru (CAS) i Lausanne mu buryo bwihuse, rikavuga ko icyemezo cya CAF kitari cyo, kitigeze kibaho kandi kidashobora kwihanganirwa, kikangiza umupira w’amaguru muri Afurika.
Icyemezo cya CAF cyatewe n’imvururu zabaye mu mukino wa nyuma ku ya 18 Mutarama i Rabat, aho umukino wari hafi guhagarikwa. Nyuma yuko penaliti yahawe Morocco mu minota ya nyuma, abakinnyi ba Senegal bari baravuye ku kibuga by’akanya gato mu rwego rwo kwamagana. Nyuma yo guhagarikwa igihe kirekire, umukino wasubukuwe, maze Brahim Diaz ahusha penaliti, Pape Gueye (94’) atsinda igitego cyahesheje intsinzi Senegal.
CAF yanzuye ko imyitwarire y’abakinnyi ba Senegal mbere yo gutera penaliti ya Diaz yarenze ku ngingo za 82 na 84, ndetse ikemeza ko ubujurire bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Morocco.


Kinyarwanda
English
Swahili









