issa
Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final! Hansi Flick utoza FC Barcelona yirinze kuvuga kuri Real Madrid

Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final! Hansi Flick utoza FC Barcelona yirinze kuvuga kuri Real Madrid

Apr 3, 2025 - 10:58
 0

Umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick, yanze kugira ibintu bikomeye atangaza kuri Real Madrid bazahura kuri Final ya Copa Del Rey ariko yemeza ko ari byiza gukina El Clasico.


Mu ijoro rya cyeye tariki 2 Mata 2025, FC Barcelona yakinnye umukino wo kwishyura wa Copa Del Rey n’ikipe ya Atletico Madrid, urangira ikipe ya FC Barcelona ari yo ikomeje kuri Final nyuma yo gutsinda igitego 1-0.

Ni umukino wari ukomeye ariko ikipe ya FC Barcelona nk’ikipe nkuru yaje gukora ibyayo kare kuko ku munota wa 27, rutahizamu Ferran Tores yari yamaze guterekamo igitego ku mupira yahawe na Lamine Yamal.

Nyuma y’umukino umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick yatangaje ko ikipe ye yakinnye neza ndetse buri umwe yaterwa ishema ni uko iyi kipe irimo gukina kugeza ubu.

Yagize ati “ Twugariye neza kandi tubikora neza cyane. Buri umwe yaterwa ishema na FC Barcelona ndetse nuko batoje. Atletico Madrid ni ikipe ikomeye ariko twazamuye urwego cyane. Ntabwo byari byoroshye cyane cyane hano. Abakinnyi bose bakoze neza.”

Ubu twemerewe kurota ariko tukita kubyo dushaka. Turahura na Real Betis ku mukino ukurikiye. Mu byumweru bicye biri imbere ntabwo bizaba byoroshye ariko dufite ikipe nziza. Ikipe ndetse n’abafana baterwa ishema n’ikipe yabo.”

Hansi Flick utoza ikipe ya FC Barcelona yanze kugira icyo atangaza kuri Final ya Copa Del Rey bazahuramo na Real Madrid ariko yemeza ko ari byiza gukina El Clasico kuko bifite umumaro mwinshi.

Yagize ati “ Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final. Icyo twitayeho ni Real Betis ariko ni byiza gukina El Clasico ariko gukina imikino myinshi bifite akamaro kanini gusa ubu ntakamaro bifite cyane.”

Ikipe ya FC Barcelona kugeza ubu ifite amahirwe yo gutwara ibikombe birenze kimwe uyu mwaka kuko niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona ya Esipanye, yageze muri 1/4 cya UEFA Champions League ndetse kandi yageze Final ya Copa Del Rey.  

 

Hansi Flick utoza FC Barcelona yatangaje ko ari byiza gukina El Clasico

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final! Hansi Flick utoza FC Barcelona yirinze kuvuga kuri Real Madrid

Apr 3, 2025 - 10:58
Apr 3, 2025 - 10:58
 0
Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final! Hansi Flick utoza FC Barcelona yirinze kuvuga kuri Real Madrid

Umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick, yanze kugira ibintu bikomeye atangaza kuri Real Madrid bazahura kuri Final ya Copa Del Rey ariko yemeza ko ari byiza gukina El Clasico.


Mu ijoro rya cyeye tariki 2 Mata 2025, FC Barcelona yakinnye umukino wo kwishyura wa Copa Del Rey n’ikipe ya Atletico Madrid, urangira ikipe ya FC Barcelona ari yo ikomeje kuri Final nyuma yo gutsinda igitego 1-0.

Ni umukino wari ukomeye ariko ikipe ya FC Barcelona nk’ikipe nkuru yaje gukora ibyayo kare kuko ku munota wa 27, rutahizamu Ferran Tores yari yamaze guterekamo igitego ku mupira yahawe na Lamine Yamal.

Nyuma y’umukino umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick yatangaje ko ikipe ye yakinnye neza ndetse buri umwe yaterwa ishema ni uko iyi kipe irimo gukina kugeza ubu.

Yagize ati “ Twugariye neza kandi tubikora neza cyane. Buri umwe yaterwa ishema na FC Barcelona ndetse nuko batoje. Atletico Madrid ni ikipe ikomeye ariko twazamuye urwego cyane. Ntabwo byari byoroshye cyane cyane hano. Abakinnyi bose bakoze neza.”

Ubu twemerewe kurota ariko tukita kubyo dushaka. Turahura na Real Betis ku mukino ukurikiye. Mu byumweru bicye biri imbere ntabwo bizaba byoroshye ariko dufite ikipe nziza. Ikipe ndetse n’abafana baterwa ishema n’ikipe yabo.”

Hansi Flick utoza ikipe ya FC Barcelona yanze kugira icyo atangaza kuri Final ya Copa Del Rey bazahuramo na Real Madrid ariko yemeza ko ari byiza gukina El Clasico kuko bifite umumaro mwinshi.

Yagize ati “ Ntabwo nshaka kuvuga kuri Final. Icyo twitayeho ni Real Betis ariko ni byiza gukina El Clasico ariko gukina imikino myinshi bifite akamaro kanini gusa ubu ntakamaro bifite cyane.”

Ikipe ya FC Barcelona kugeza ubu ifite amahirwe yo gutwara ibikombe birenze kimwe uyu mwaka kuko niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona ya Esipanye, yageze muri 1/4 cya UEFA Champions League ndetse kandi yageze Final ya Copa Del Rey.  

 

Hansi Flick utoza FC Barcelona yatangaje ko ari byiza gukina El Clasico