issa
Ukraine Yemeye Igitero cy’Igisasu cyangije Ikiraro cya Kerch

Ukraine Yemeye Igitero cy’Igisasu cyangije Ikiraro cya Kerch

Jun 4, 2025 - 09:12
 0

Urwego rw’Umutekano w’imbere mu gihugu rwa Ukraine, SBU, rwiyemereye ko ari rwo rwakoze igisasu gikomeye cyaturikiye munsi y’amazi, kigahitana igice cy’ingenzi cy’ikiraro cya Kerch gihuza Crimea iri mu maboko y’Uburusiya.


Iryo turika ryangije inkingi z’iki kiraro kiri ku ntera ya kilometero 19, kikaba ari umushinga w’icyubahiro watashywe na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin mu 2018.

Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru The Guardian, iyi ni inshuro ya gatatu Ukraine igaba igitero kuri kiriya kiraro kirinzwe cyane kuva u Burusiya bwatangira intambara yacyo yo kwigarurira Ukraine mu buryo bwuzuye mu 2022.

SBU yavuze ko icyo gikorwa cyari kimaze amezi menshi gitegurwa, kigakoresha ibiturika bifite uburemere bungana n’itoni imwe ya TNT. Iri shami rya serivisi z’iperereza ryashyize hanze amashusho agaragaza uko igisasu cyaturitse kivuye mu mazi, gituritsa ibice by’ikiraro, n’amafoto agaragaza uko cyangiritse.

Igitero kuri Kerch Bridge kibaye mu gihe Ukraine yitegura kwitabira inama ikomeye ya dipolomasi, Inama ya NATO izabera i The Hague kuva ku itariki ya 24 kugeza ku ya 26 Kamena. Perezida Zelenskyy yemeje ubutumire, avuga ko ari intsinzi ifatika ku mbaraga z’u Burusiya zo guheza Ukraine.

Aho yagize ati “Twahawe ubutumire bwo kwitabira Inama ya NATO. Ndatekereza ko ari iby’ingenzi,” Zelenskyy yabivuze nyuma yo guhura na Mark Rutte, Umunyamabanga Mukuru wa NATO i Vilnius.

Ku rundi ruhande, umwuka wa dipolomasi ukomeje kuba mubi. Ku wa Kabiri, Kremlin yagabanije icyizere cyo kuba haboneka umuti w’amahoro mu gihe cya vuba, nyuma y’ibiganiro byabereye i Istanbul byapfubye.

 

Ukraine yasabye ihagarikwa ry’intambara ridafite ibyo risaba, mu gihe u Burusiya bwo bwari bwemeye gusaba agahenge gato k’amasaha make mu turere tumwe na tumwe. Ibyo biganiro byari birimo n’inyungu zo guhererekanya infungwa byiswe “memorandums” z’amahoro.

Ukraine ikomeje ibikorwa bya dipolomasi ku nzego nyinshi. Umujyanama Mukuru wa Perezida Zelenskyy, Andriy Yermak, hamwe na Minisitiri wungirije w’Intebe Yulia Svyrydenko bageze muri Amerika aho bateganya gusaba ubufasha buhamye mu by’umutekano no gusaba ibihano bikarishye ku Burusiya.

Mu butumwa bwo kuri Telegram, Yermak yagize ati “Turateganya kuganira ku nkunga ya gisirikare no ku mibereho ku rugamba, ndetse no kongera igitutu cy’ibihano ku Burusiya.” 

Mu gihe intambara imaze kwinjira mu mwaka wa gatatu, yahitanye ibihumbi n’ibihumbi by’abantu abandi miliyoni ikabagira impunzi, ibikorwa bya gisirikare na dipolomasi Ukraine ikomeje gukora bigaragaza ko igihugu gihagaze ku murongo wo guhindura uko urugamba rugaragara.

Ukraine Yemeye Igitero cy’Igisasu cyangije Ikiraro cya Kerch

Jun 4, 2025 - 09:12
Jun 4, 2025 - 11:19
 0
Ukraine Yemeye Igitero cy’Igisasu cyangije Ikiraro cya Kerch

Urwego rw’Umutekano w’imbere mu gihugu rwa Ukraine, SBU, rwiyemereye ko ari rwo rwakoze igisasu gikomeye cyaturikiye munsi y’amazi, kigahitana igice cy’ingenzi cy’ikiraro cya Kerch gihuza Crimea iri mu maboko y’Uburusiya.


Iryo turika ryangije inkingi z’iki kiraro kiri ku ntera ya kilometero 19, kikaba ari umushinga w’icyubahiro watashywe na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin mu 2018.

Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru The Guardian, iyi ni inshuro ya gatatu Ukraine igaba igitero kuri kiriya kiraro kirinzwe cyane kuva u Burusiya bwatangira intambara yacyo yo kwigarurira Ukraine mu buryo bwuzuye mu 2022.

SBU yavuze ko icyo gikorwa cyari kimaze amezi menshi gitegurwa, kigakoresha ibiturika bifite uburemere bungana n’itoni imwe ya TNT. Iri shami rya serivisi z’iperereza ryashyize hanze amashusho agaragaza uko igisasu cyaturitse kivuye mu mazi, gituritsa ibice by’ikiraro, n’amafoto agaragaza uko cyangiritse.

Igitero kuri Kerch Bridge kibaye mu gihe Ukraine yitegura kwitabira inama ikomeye ya dipolomasi, Inama ya NATO izabera i The Hague kuva ku itariki ya 24 kugeza ku ya 26 Kamena. Perezida Zelenskyy yemeje ubutumire, avuga ko ari intsinzi ifatika ku mbaraga z’u Burusiya zo guheza Ukraine.

Aho yagize ati “Twahawe ubutumire bwo kwitabira Inama ya NATO. Ndatekereza ko ari iby’ingenzi,” Zelenskyy yabivuze nyuma yo guhura na Mark Rutte, Umunyamabanga Mukuru wa NATO i Vilnius.

Ku rundi ruhande, umwuka wa dipolomasi ukomeje kuba mubi. Ku wa Kabiri, Kremlin yagabanije icyizere cyo kuba haboneka umuti w’amahoro mu gihe cya vuba, nyuma y’ibiganiro byabereye i Istanbul byapfubye.

 

Ukraine yasabye ihagarikwa ry’intambara ridafite ibyo risaba, mu gihe u Burusiya bwo bwari bwemeye gusaba agahenge gato k’amasaha make mu turere tumwe na tumwe. Ibyo biganiro byari birimo n’inyungu zo guhererekanya infungwa byiswe “memorandums” z’amahoro.

Ukraine ikomeje ibikorwa bya dipolomasi ku nzego nyinshi. Umujyanama Mukuru wa Perezida Zelenskyy, Andriy Yermak, hamwe na Minisitiri wungirije w’Intebe Yulia Svyrydenko bageze muri Amerika aho bateganya gusaba ubufasha buhamye mu by’umutekano no gusaba ibihano bikarishye ku Burusiya.

Mu butumwa bwo kuri Telegram, Yermak yagize ati “Turateganya kuganira ku nkunga ya gisirikare no ku mibereho ku rugamba, ndetse no kongera igitutu cy’ibihano ku Burusiya.” 

Mu gihe intambara imaze kwinjira mu mwaka wa gatatu, yahitanye ibihumbi n’ibihumbi by’abantu abandi miliyoni ikabagira impunzi, ibikorwa bya gisirikare na dipolomasi Ukraine ikomeje gukora bigaragaza ko igihugu gihagaze ku murongo wo guhindura uko urugamba rugaragara.