Uganda: Biravugwa ko Bobi wine yatawe muri yombi hakoreshejwe indege y'Igisirikare
Ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda rivuga ko umukandida waryo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi wine yafashwe n'abasirikare ba Leta bamujyana ahantu hataramenyekana bakoresheje Kajugujugu y'igisirikare cya Uganda.
Kyagulanyi Ssentamu Robert uzwi nka Bobi Wine, umukandida utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Perezida Joel Kaguta Museveni, yafashwe n Ingabo za Uganda zamukuye mu rugo rwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 16 Mutarama 2026, mu gihe igikorwa cyo kubarura amajwi gikomeje.
Ishyaka rya National Unity Platform ( NUP) ryatangaje, ko nubwo hakomeje ibarurwa ry'amajwi, ubu umuyobozi waryo akaba ari n' umukandida mu matora yatawe muri yombi n' Ingabo za Uganda UPDF, zimujyana ahantu hataramenyekana zikoresheje indege ya Gisirukare yo mu bwoko bwa Kajugujugu nkuko tubikesha Washington Post.
Mbere y'uko atabwa muri yombi, Kyagulanyi Ssentamu Robert wamamaye mu muziki wa Uganda, ubu akaba ari umunyapolitike uhanganye bikomeye na Perezida wa Uganda Joel Kaguta Museveni uhagarariye ishyaka rimaze imyaka 40 ku butegetsi muri Uganda, yari yatangaje ko abasirikare ba Leta bagose urugo rwe ndetse anagaragaza ko afungiwe iwe mu rugo kuva hatangiye ibarura ry'amajwi.
Bobi wine ku wa Gatanu mbere yo gufatwa yari yatangaje ko amatora yabayemo uburiganya ndetse hari abantu 10 bamushyigikiye bishwe n'abashinzwe umutekano, mu gihe mbere y'aho gato yari yavuze ko Leta yashyize Uganda mu icuraburindi ikuraho itumanaho rikoresha murandasi hagamijwe gukora uburiganya mu matora y'Umukuru w'Igihugu.
Perezida Joel Kaguta Museveni w' imyaka 81, uyobora Uganda kuva mu 1986. amajwi amaze kubarurwa agaragaza ko aza ku isonga n'amajwi 73.7%, mu gihe Bobi Wine umukurikiye afite amajwi ye angana na 22.7%.
Mbere y'uko amatora atangira muri Uganda , Leta yahagaritse itumaho rikorera kuri murandasi mu gihugu hose, ivuga ko icyo cyemezo cyari kigamije gukumira ibyateza imvururu muri rubanda.
Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru Leta ya Uganda ndetse n' igisirikare cyayo UPDF na Leta, ntacyo bari batangaza kubyo ku itabwa muri yombi rya Bobi wine ryatangajwe n'ishyaka ahagarariye mu matora ya Perezida.


Kinyarwanda
English
Swahili









