issa
U Rwanda rwareze u Bwongereza rusaba indishyi ku masezerano atarubahirijwe

U Rwanda rwareze u Bwongereza rusaba indishyi ku masezerano atarubahirijwe

Jan 27, 2026 - 12:43
 0

U Rwanda rwatangaje ko rwareze u Bwongereza rusaba indishyi zirenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho hagati y’ibihugu byombi ku butegetsi bw’ishyaka ry’Aba-Conservateurs.


Aya masezerano yateganyaga ko abasaba ubuhungiro bagera mu Bwongereza bakurwa muri icyo gihugu bakoherezwa mu Rwanda, aho bari gutuzwa by’agateganyo ndetse bakazahabwa amahirwe yo gusaba ubuhungiro. Iyi gahunda yari imwe mu ngamba zashyizwe imbere na Leta y’u Bwongereza yariho mbere, igamije kugabanya umubare w’abimukira binjira muri icyo gihugu mu buryo butemewe.

Sir Keir Starmer yahagaritse aya masezerano nk’imwe mu ngamba za mbere yafashe nyuma yo gutsinda amatora rusange ya 2024, avuga ko uwo mushinga wari uhenze kandi udafite umumaro uhagije. Muri gahunda yari yarashyizweho, abari kwirukanwa mu Bwongereza bari kubanza kujyanwa muri Hope Hostel, ikigo cyatangaje muri Mata 2024 ko cyiteguye kwakira abo bimukira.

Mbere y’uko aya masezerano aseswa, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda amafaranga agera kuri miliyoni 290 z’amapawundi (£290m). Gusa amakuru aturuka mu nzego zombi avuga ko u Rwanda rwasanze ayo mafaranga atarishyura igihombo cyatewe n’iseswa ry’ayo masezerano, bituma rutanga itangazo ryo gutangiza inzira y’ubuhuza mu Ugushyingo 2025.

Iki kirego kiri gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza rufite icyicaro mu Buholandi. Ku ruhande rw’u Rwanda, ruhagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja.

Ku ruhande rw’u Bwongereza, amakuru avuga ko Dan Hobbs, umuyobozi w’ishami rishinzwe abimukira n’imipaka muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, ari we watoranyijwe guhagararira Leta muri uru rubanza, afatanyije n’ikipe y’abavoka iyobowe na Ben Juratowitch wo mu biro by’abavoka bya Essex Court Chambers bifite icyicaro i London.

Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryari ryaramaganaga aya masezerano mu gihe cyo kwiyamamaza mu matora rusange ya 2024, rivuga ko yari igihombo gikomeye ku mutungo wa Leta. Ryavugaga ko uwo mushinga wari umaze gutwara amafaranga menshi, kandi ko wari gufasha munsi ya 1% gusa by’abasaba ubuhungiro binjira mu Bwongereza buri mwaka.

U Rwanda rwareze u Bwongereza rusaba indishyi ku masezerano atarubahirijwe

Jan 27, 2026 - 12:43
Jan 27, 2026 - 12:52
 0
U Rwanda rwareze u Bwongereza rusaba indishyi ku masezerano atarubahirijwe

U Rwanda rwatangaje ko rwareze u Bwongereza rusaba indishyi zirenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho hagati y’ibihugu byombi ku butegetsi bw’ishyaka ry’Aba-Conservateurs.


Aya masezerano yateganyaga ko abasaba ubuhungiro bagera mu Bwongereza bakurwa muri icyo gihugu bakoherezwa mu Rwanda, aho bari gutuzwa by’agateganyo ndetse bakazahabwa amahirwe yo gusaba ubuhungiro. Iyi gahunda yari imwe mu ngamba zashyizwe imbere na Leta y’u Bwongereza yariho mbere, igamije kugabanya umubare w’abimukira binjira muri icyo gihugu mu buryo butemewe.

Sir Keir Starmer yahagaritse aya masezerano nk’imwe mu ngamba za mbere yafashe nyuma yo gutsinda amatora rusange ya 2024, avuga ko uwo mushinga wari uhenze kandi udafite umumaro uhagije. Muri gahunda yari yarashyizweho, abari kwirukanwa mu Bwongereza bari kubanza kujyanwa muri Hope Hostel, ikigo cyatangaje muri Mata 2024 ko cyiteguye kwakira abo bimukira.

Mbere y’uko aya masezerano aseswa, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda amafaranga agera kuri miliyoni 290 z’amapawundi (£290m). Gusa amakuru aturuka mu nzego zombi avuga ko u Rwanda rwasanze ayo mafaranga atarishyura igihombo cyatewe n’iseswa ry’ayo masezerano, bituma rutanga itangazo ryo gutangiza inzira y’ubuhuza mu Ugushyingo 2025.

Iki kirego kiri gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza rufite icyicaro mu Buholandi. Ku ruhande rw’u Rwanda, ruhagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja.

Ku ruhande rw’u Bwongereza, amakuru avuga ko Dan Hobbs, umuyobozi w’ishami rishinzwe abimukira n’imipaka muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, ari we watoranyijwe guhagararira Leta muri uru rubanza, afatanyije n’ikipe y’abavoka iyobowe na Ben Juratowitch wo mu biro by’abavoka bya Essex Court Chambers bifite icyicaro i London.

Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryari ryaramaganaga aya masezerano mu gihe cyo kwiyamamaza mu matora rusange ya 2024, rivuga ko yari igihombo gikomeye ku mutungo wa Leta. Ryavugaga ko uwo mushinga wari umaze gutwara amafaranga menshi, kandi ko wari gufasha munsi ya 1% gusa by’abasaba ubuhungiro binjira mu Bwongereza buri mwaka.