Guverinoma ya DRC yatangije gahunda yeruye yo kurwanya u Rwanda

Guverinoma ya DRC yatangije gahunda yeruye yo kurwanya u Rwanda

Mar 2, 2025 - 15:13
 0

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Judith Suminwa yabibye urwango ubwo  yashishikarizaga abaturage ba DRC aho bari hose ku isi bagomba kumva ko igihe kigeze bagahagurikira rimwe bakarwanya u Rwanda


Ni ubukangurambaga yaraye avuze mu rurimi rw’ Ilingala bise Congolais Telema (Bakongomani Muhaguruke) bukangurira abaturage bose kurwanya u Rwanda.

Ubwo yatangazaga ubwo bukangurambaga, Suminwa yari kumwe n’abandi bagize Guverinoma ayoboye, abahagarariye sosiyete sivile, abanyeshuri ba Kaminuza n’abakinnyi bakomeye mu mikino ikunzwe mu gihugu cye.Suminwa yavugiye kuri radiyo na televiziyo by’igihugu cye (RTNC) ko abaturage bose ba DRC bakwiye guhaguruka, nta n’iyonka isigaye, bakarwanya u Rwanda kuko rwabatereye igihugu.

Asobanura ko ubwo bukangurambaga bugamije kurema izindi mbaraga zo kwifashisha mu ntambara igihugu cye kiri kurwana na M23, umutwe avuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda, ibintu rwo rwahakanye kuva kera.

Ati: “ Ubu bukangurambaga buzadufasha guhangana n’u Rwanda mu buryo bw’inyongera bwunganira imbaraga za gisirikare, iza dipolomasi, iz’itangazamakuru ndetse n’iz’ubukungu. Ni imbaraga zishingiye ku bushake n’ubumwe by’abaturage bacu”.

Imvugo ya Minisitiri w’Intebe ije hashize igihe gito abaturage bo  mu Murwa mukuru, Kinshasa, basahuye banatwika Ambasade y’u Rwanda n’izindi Ambasade z’ibihugu bavugaga ko ari inshuti z’u Rwanda.

Guverinoma ya DRC yatangije gahunda yeruye yo kurwanya u Rwanda

Mar 2, 2025 - 15:13
 0
Guverinoma ya DRC yatangije gahunda yeruye yo kurwanya u Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Judith Suminwa yabibye urwango ubwo  yashishikarizaga abaturage ba DRC aho bari hose ku isi bagomba kumva ko igihe kigeze bagahagurikira rimwe bakarwanya u Rwanda


Ni ubukangurambaga yaraye avuze mu rurimi rw’ Ilingala bise Congolais Telema (Bakongomani Muhaguruke) bukangurira abaturage bose kurwanya u Rwanda.

Ubwo yatangazaga ubwo bukangurambaga, Suminwa yari kumwe n’abandi bagize Guverinoma ayoboye, abahagarariye sosiyete sivile, abanyeshuri ba Kaminuza n’abakinnyi bakomeye mu mikino ikunzwe mu gihugu cye.Suminwa yavugiye kuri radiyo na televiziyo by’igihugu cye (RTNC) ko abaturage bose ba DRC bakwiye guhaguruka, nta n’iyonka isigaye, bakarwanya u Rwanda kuko rwabatereye igihugu.

Asobanura ko ubwo bukangurambaga bugamije kurema izindi mbaraga zo kwifashisha mu ntambara igihugu cye kiri kurwana na M23, umutwe avuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda, ibintu rwo rwahakanye kuva kera.

Ati: “ Ubu bukangurambaga buzadufasha guhangana n’u Rwanda mu buryo bw’inyongera bwunganira imbaraga za gisirikare, iza dipolomasi, iz’itangazamakuru ndetse n’iz’ubukungu. Ni imbaraga zishingiye ku bushake n’ubumwe by’abaturage bacu”.

Imvugo ya Minisitiri w’Intebe ije hashize igihe gito abaturage bo  mu Murwa mukuru, Kinshasa, basahuye banatwika Ambasade y’u Rwanda n’izindi Ambasade z’ibihugu bavugaga ko ari inshuti z’u Rwanda.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.