issa
Impamvu yo gukuriraho Viza abashoferi b'amakamyo muri Amerika

Impamvu yo gukuriraho Viza abashoferi b'amakamyo muri Amerika

Aug 22, 2025 - 20:03
 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo itangwa rya viza z’abakozi ku bashoferi b’amakamyo bakomoka mu mahanga, nyuma y’impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu, ikozwe n’umushoferi w’Umuhinde.


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kongera kugenzura uburyo aba bashoferi binjizwa n’ubushobozi bwabo mu kazi, hagamijwe gukumira izindi mpanuka zakongera guhungabanya ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati "Turacyeka ko hakenewe igenzura rikomeye ku myirondoro, ubushobozi n’amahugurwa y’abashoferi b’amakamyo bava mu bindi bihugu. Kugira ngo umutekano w’Abanyamerika n’ibyabo birindwe, byabaye ngombwa ko duhera ku guhagarika izi viza." 

Iyi mpanuka iheruka yabaye mu majyepfo ya Leta ya Ohio, ubwo ikamyo yari itwawe n'umushoferi w'Umuhinde yagongaga imodoka nyinshi, igahitana abantu batatu, abandi benshi bagakomereka.

Marco Rubio yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahagaritse Visa ku bashoferi b’amakamyo bakomoka mu mahanga 

Abasesenguzi bavuga ko iki cyemezo gishobora kugira ingaruka ku bucuruzi n’ubwikorezi muri Amerika, kuko abashoferi b’amakamyo baturuka mu mahanga ari ingenzi mu gutuma ibicuruzwa bigera ku masoko.

Biteganyijwe ko guverinoma izatangaza raporo irambuye ku buryo bwo gusuzuma no kugenzura aba bashoferi mu minsi iri imbere.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Impamvu yo gukuriraho Viza abashoferi b'amakamyo muri Amerika

Aug 22, 2025 - 20:03
Aug 22, 2025 - 20:04
 0
Impamvu yo gukuriraho Viza abashoferi b'amakamyo muri Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo itangwa rya viza z’abakozi ku bashoferi b’amakamyo bakomoka mu mahanga, nyuma y’impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu, ikozwe n’umushoferi w’Umuhinde.


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kongera kugenzura uburyo aba bashoferi binjizwa n’ubushobozi bwabo mu kazi, hagamijwe gukumira izindi mpanuka zakongera guhungabanya ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati "Turacyeka ko hakenewe igenzura rikomeye ku myirondoro, ubushobozi n’amahugurwa y’abashoferi b’amakamyo bava mu bindi bihugu. Kugira ngo umutekano w’Abanyamerika n’ibyabo birindwe, byabaye ngombwa ko duhera ku guhagarika izi viza." 

Iyi mpanuka iheruka yabaye mu majyepfo ya Leta ya Ohio, ubwo ikamyo yari itwawe n'umushoferi w'Umuhinde yagongaga imodoka nyinshi, igahitana abantu batatu, abandi benshi bagakomereka.

Marco Rubio yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahagaritse Visa ku bashoferi b’amakamyo bakomoka mu mahanga 

Abasesenguzi bavuga ko iki cyemezo gishobora kugira ingaruka ku bucuruzi n’ubwikorezi muri Amerika, kuko abashoferi b’amakamyo baturuka mu mahanga ari ingenzi mu gutuma ibicuruzwa bigera ku masoko.

Biteganyijwe ko guverinoma izatangaza raporo irambuye ku buryo bwo gusuzuma no kugenzura aba bashoferi mu minsi iri imbere.