issa
U Rwanda na Somalia mu rugendo rwo gukomeza umubano n’ubufatanye

U Rwanda na Somalia mu rugendo rwo gukomeza umubano n’ubufatanye

Jun 12, 2025 - 13:34
 0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia, Abdisalam Ali, ku wa Gatatu tariki ya 11 Kamena, baganira ku buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi.


Iyi nama yabereye i Changsha mu Bushinwa, ku ruhande rw’Inama y’Abaminisitiri bashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo byafashwe mu Nama ya FOCAC (Forum on China-Africa Cooperation).

Aya makuru yemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda ibinyujije kuri X. 

Aho bagira bati “Baganiriye ku buryo bwo gukomeza ubufatanye mu byihutirwa bahuriyeho, haba mu buryo bw’ibihugu byombi no mu muryango mpuzamahanga.”

U Rwanda na Somalia basinyanye amasezerano yo gufatanya mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, iterabwoba ndettse n’icuruzwa ry’abantu.

Ibihugu byombi kandi bifatanya mu kurwanya ibyaha byo kuri murandasi no guhangana n’icuruzwa ry’intwaro nto zitemewe, binyuze mu gusangira amakuru, ubunararibonye hagati y’inzego z’umutekano, ndetse no guteza imbere amahugurwa n’ubwubatsi bw’ubushobozi.

U Rwanda na Somalia mu rugendo rwo gukomeza umubano n’ubufatanye

Jun 12, 2025 - 13:34
Jun 12, 2025 - 14:27
 0
U Rwanda na Somalia mu rugendo rwo gukomeza umubano n’ubufatanye

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia, Abdisalam Ali, ku wa Gatatu tariki ya 11 Kamena, baganira ku buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi.


Iyi nama yabereye i Changsha mu Bushinwa, ku ruhande rw’Inama y’Abaminisitiri bashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo byafashwe mu Nama ya FOCAC (Forum on China-Africa Cooperation).

Aya makuru yemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda ibinyujije kuri X. 

Aho bagira bati “Baganiriye ku buryo bwo gukomeza ubufatanye mu byihutirwa bahuriyeho, haba mu buryo bw’ibihugu byombi no mu muryango mpuzamahanga.”

U Rwanda na Somalia basinyanye amasezerano yo gufatanya mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, iterabwoba ndettse n’icuruzwa ry’abantu.

Ibihugu byombi kandi bifatanya mu kurwanya ibyaha byo kuri murandasi no guhangana n’icuruzwa ry’intwaro nto zitemewe, binyuze mu gusangira amakuru, ubunararibonye hagati y’inzego z’umutekano, ndetse no guteza imbere amahugurwa n’ubwubatsi bw’ubushobozi.