issa
Tanzania ikomeje gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi

Tanzania ikomeje gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi

Jan 7, 2026 - 20:35
 0

Tanzania ikomeje gushyira mu bikorwa politiki yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi za Nduta na Nyarugusu, igikorwa kivugwa ko kigamije kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze kuva mu 2015.


Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Mutarama, abapolisi ba Tanzania batangiye gusenya inzu zo muri Zone ya 17 mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta. Iki gikorwa cyabanje gukorerwa mu midugudu iri mu nkengero z’inkambi, mbere yo kwagurirwa muri zone ya 17 ubwayo.

Amakuru avuga ko impunzi zimaze kwiyandikisha zishaka gusubizwa mu Burundi ari zo zemerewe gukuramo bimwe mu bintu byazo mbere y’uko inzu zisenywa. Abandi batari biyandikishije bo, bavuga ko inzu zabo zasenyutse burundu, bityo bagatakaza ibikoresho byabo byose.

Nk’uko amakuru aturuka mu nkambi abitangaza, hari abashoboye kurokora amahema n’imyenda, ariko benshi bagasigara nta kintu na kimwe bafite. Hanavugwa ko impunzi ziturutse mu zindi zone zabujijwe kwegera aho igikorwa cyaberaga, ndetse umuntu wese wageragezaga gufata amafoto yafashwe agafungwa.

Umutangabuhamya umwe yavuze ko abapolisi bafashe telefoni z’abantu bari aho, bakoresheje ibyuka biryana mu maso n’inkoni mu kwigizayo abantu bashakaga kwegera aho hantu. Yavuze kandi ko umugabo witwa Octave ari we uvugwaho kuyobora ibyo bikorwa.

Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Nduta zisaba byihutirwa Umuryango w’Abibumbye ushinzwe impunzi (UNHCR) n’Umuryango Mpuzamahanga kutabirengagiza, ahubwo bagatabara ubuzima bwabo.

Imwe muri zo yagize iti: “Turahamagarira UNHCR n’Umuryango Mpuzamahanga kuva mu guceceka kwabo. Turabizi ko nidusubira mu Burundi, tuzicwa umwe umwe."

Si mu Nkambi ya Nduta gusa iki gikorwa kirimo kubera, kuko no mu Nkambi ya Nyarugusu, inzu zo muri zone ebyiri zimaze gusenywa, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano n’ubuzima bw’impunzi z’Abarundi zikiri muri Tanzania.

Tanzania ikomeje gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi

Jan 7, 2026 - 20:35
 0
Tanzania ikomeje gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi

Tanzania ikomeje gushyira mu bikorwa politiki yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi za Nduta na Nyarugusu, igikorwa kivugwa ko kigamije kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze kuva mu 2015.


Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Mutarama, abapolisi ba Tanzania batangiye gusenya inzu zo muri Zone ya 17 mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta. Iki gikorwa cyabanje gukorerwa mu midugudu iri mu nkengero z’inkambi, mbere yo kwagurirwa muri zone ya 17 ubwayo.

Amakuru avuga ko impunzi zimaze kwiyandikisha zishaka gusubizwa mu Burundi ari zo zemerewe gukuramo bimwe mu bintu byazo mbere y’uko inzu zisenywa. Abandi batari biyandikishije bo, bavuga ko inzu zabo zasenyutse burundu, bityo bagatakaza ibikoresho byabo byose.

Nk’uko amakuru aturuka mu nkambi abitangaza, hari abashoboye kurokora amahema n’imyenda, ariko benshi bagasigara nta kintu na kimwe bafite. Hanavugwa ko impunzi ziturutse mu zindi zone zabujijwe kwegera aho igikorwa cyaberaga, ndetse umuntu wese wageragezaga gufata amafoto yafashwe agafungwa.

Umutangabuhamya umwe yavuze ko abapolisi bafashe telefoni z’abantu bari aho, bakoresheje ibyuka biryana mu maso n’inkoni mu kwigizayo abantu bashakaga kwegera aho hantu. Yavuze kandi ko umugabo witwa Octave ari we uvugwaho kuyobora ibyo bikorwa.

Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Nduta zisaba byihutirwa Umuryango w’Abibumbye ushinzwe impunzi (UNHCR) n’Umuryango Mpuzamahanga kutabirengagiza, ahubwo bagatabara ubuzima bwabo.

Imwe muri zo yagize iti: “Turahamagarira UNHCR n’Umuryango Mpuzamahanga kuva mu guceceka kwabo. Turabizi ko nidusubira mu Burundi, tuzicwa umwe umwe."

Si mu Nkambi ya Nduta gusa iki gikorwa kirimo kubera, kuko no mu Nkambi ya Nyarugusu, inzu zo muri zone ebyiri zimaze gusenywa, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano n’ubuzima bw’impunzi z’Abarundi zikiri muri Tanzania.