Sudan: Abarenga 64 bishwe na RSF, Loni ivuga ko 200 bamaze kwicwa mu minsi 8
Abarenga 64 bishwe n’igitero cya drone cyagabwe n’umutwe wa RSF ku bitaro bya El-Daein mu burasirazuba bwa Darfur muri Sudan, mu gihe abandi 89 bakomerekeye muri icyo gikorwa. Mu gihe ubwicanyi bukomeje gufata indi ntera, Loni ivuga ko abasivili barenga 200 bamaze kwicwa mu minsi umunani gusa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO ryatangaje ko icyo gitero cyagabwe mu gace k’iburasirazuba bwa Darfur.
Nk’uko inzego z’umutekano muri Sudan zibivuga, ni uko icyo gitero cyagabwe na drone z’umutwe w’iterabwoba wa RSF, wa kigabye ku bitaro bya El-Daein.
Nta gihe cyari gishize, n’ubundi uyu mutwe wa RSF wishe abarenga 17 ndetse ukanakomereketsa abarenga 120, ibintu bikomeje gutera benshi batuye Sudan guhunga icyo gihugu, mu gihe uwo mutwe ukigenzura ibice bya Darfur y’Uburengerazuba ndetse ukaba unakomeje kwagura ibirindiro byawo mu burasirazuba, uhanganiyemo n’ingabo za gisirikare za Sudan.
Amakuru akomeje gutangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye bikorera mu gihugu cya Sudan ni uko ibitero bikomeye bikomeje kugabwa mu bice by'akarere ka El-Daein gaherereye mu ntara ya Darfur, aho ingabo z’icyo gihugu zihanganiye n’uwo mutwe wa RSF ukomeje kubuza benshi ubuzima.
Umuyobozi urengera uburenganzira bwa muntu muri Loni, Volker Türk, yatangaje ko biteye agahinda ukuntu abantu bagikomeje kwicwa cyane mu gihe gito, avuga ko abasivili barenga 200 bishwe na drone z’imitwe yitwaje intwaro mu minsi umunani gusa, ariko ngo ibyo bigahishwa bikangwa gutangazwa.
Volker Türk, ku nshuro irenga iya kane, yongeye gusaba impande zihanganye kujya mu biganiro by’amahoro, avuga ko drone zirimo gukoreshwa zirimo kubuza ubuzima benshi.
Raporo za Loni zigaragaza ko abarenga 1,800 biciwe mu bitero byagabwe n’umutwe wa RSF mu 2025, mu gihe abarenga 3,000 babikomerekeyemo.


Kinyarwanda
English
Swahili









