issa
Imirwano ikaze ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Masisi

Imirwano ikaze ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Masisi

Nov 18, 2025 - 18:46
 0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo, imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo, mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Iyi mirwano yabereye mu midugudu ya Nyabashwa, Kasheke na Bituna, ahumvikaniye urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye, ibintu byashyize abaturage mu bwoba bukabije.

Amakuru aturuka aho imirwano yabereye avuga ko abarwanyi ba M23 baturutse mu gace ka Kazinga mu gitondo cya kare, bagaba ibitero ku birindiro bya FARDC n’aba Wazalendo bari muri iyo midugudu itatu. Impande zombi zahise zinjira mu mirwano ikaze kugeza mu masaha ya nyuma ya saa sita, nyuma yo kurasana amasasu menshi.

Iyi mirwano ibaye mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize AFC/M23 na Leta ya RDC bari basinyanye amahame shingiro aganisha ku nzira yo guhagarika intambara imaze imyaka irenga ine ibera mu burasirazuba bw’igihugu. Nubwo ibyo biganiro byari byahawe icyizere, gusubukura imirwano bigaragaza ko hakiri inzira ndende mu rugendo rwo kugarura umutekano urambye muri ako gace.

Nta makuru ahagije aratangazwa ku baguye muri iyi mirwano ku mpande zombi cyangwa abakomeretse gusa hari abaturage bavuye mu byabo.

 

Imirwano ikaze ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Masisi

Nov 18, 2025 - 18:46
Nov 18, 2025 - 18:57
 0
Imirwano ikaze ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Masisi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo, imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo, mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Iyi mirwano yabereye mu midugudu ya Nyabashwa, Kasheke na Bituna, ahumvikaniye urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye, ibintu byashyize abaturage mu bwoba bukabije.

Amakuru aturuka aho imirwano yabereye avuga ko abarwanyi ba M23 baturutse mu gace ka Kazinga mu gitondo cya kare, bagaba ibitero ku birindiro bya FARDC n’aba Wazalendo bari muri iyo midugudu itatu. Impande zombi zahise zinjira mu mirwano ikaze kugeza mu masaha ya nyuma ya saa sita, nyuma yo kurasana amasasu menshi.

Iyi mirwano ibaye mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize AFC/M23 na Leta ya RDC bari basinyanye amahame shingiro aganisha ku nzira yo guhagarika intambara imaze imyaka irenga ine ibera mu burasirazuba bw’igihugu. Nubwo ibyo biganiro byari byahawe icyizere, gusubukura imirwano bigaragaza ko hakiri inzira ndende mu rugendo rwo kugarura umutekano urambye muri ako gace.

Nta makuru ahagije aratangazwa ku baguye muri iyi mirwano ku mpande zombi cyangwa abakomeretse gusa hari abaturage bavuye mu byabo.