issa
Cristiano Ronaldo agiye guhura na Donald Trump muri White House

Cristiano Ronaldo agiye guhura na Donald Trump muri White House

Nov 18, 2025 - 15:04
 0

Rutahizamu wa Al Nassr, Cristiano Ronaldo, aragirira uruzinduko muri White House, aho agiye guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.


Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ugushyingo 2025, biteganyijwe ko Cristiano Ronaldo arahura na Donald Trump mu biro bye bya White House. Uyu mukinnyi yari amaze imyaka 10 adakandagira ku butaka bwa Amerika mu buryo bugaragarira buri wese.

Uyu munya-Portugal, ufite imyaka 40, kuva muri 2017, ntiyigeze yongera gufotorerwa mu ruhame ari muri Amerika, nyuma yo kuregwa gusambanya ku gahato umukobwa w’Umunyamerika witwa Kathryn Mayorga.

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru gikorera mu Budage Der Spiegel muri 2017, Mayorga yavuze ko Ronaldo yamufatiye ku ngufu muri hoteli yo muri Las Vegas muri 2009.

Biravugwa ko bombi bari baragiranye amasezerano yo gukemura ikibazo mu buryo bw’ubwumvikane muri 2010. Mayorga yongeye kubivuga hashize imyaka irindwi, ashaka amafaranga menshi arenga amadolari ibihumbi 375 yari yarahawe mbere, ariko Ronaldo yahakanye ibi birego yaregwaga.

Perezida Donald Trump ari kwitegura kwakira kandi Umwami wungirije wa Saudi Arabia, Mohammed Bin Salman, mu ruzinduko ruzaganirwamo kugurisha indege z’intambara za F-35 n’andi masezerano y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’iki gihugu.

Uru ruzinduko ni narwo rwa mbere Mohammed Bin Salman akoreye muri Amerika kuva muri 2018, ubwo umunyamakuru Jamal Khashoggi yicirwaga muri Amasade ya Saudi Arabia muri Turkia, ibintu byatunguye cyane abantu benshi.

Raporo y’iperereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagaragaje ko Mohammed Bin Salman yemeje operasiyo yo gufata cyangwa kwica Khashoggi, nubwo we yavuze ko atatanze itegeko ariko yemera ko ari inshingano ze nk’ufite ububasha mu gihugu.

Uko kwakirwa neza muri Washington bigaragaza ko umubano hagati y’ibihugu byombi wongeye kuzanzamuka nyuma y’ikibazo cyatewe n’urupfu rwa Khashoggi.

Ronaldo rero kuba ajya muri Amerika ni ibintu bidasanzwe, kandi bibaye mbere y’amezi arindwi mbere yuko Igikombe cy’Isi kiba ndetse kikazabera muri Amerika, Canada na Mexico. Kugeza ubu ntiharamenyekana ibiravugirwa muri ibi biganiro hagati ya Ronaldo na Donald Trump.

Abafana bakurikiranye urugendo rwe mu kirere kuva i Riyadh berekeza i Washington DC ku mugoroba wo ku wa Mbere, aho byari biteganyijwe ko we n’umukunzi we Georgina Rodriguez bagera ku kibuga cy’Indege saa 10h36 z’ijoro .

No photo description available.Cristiano Ronaldo yohereje umwambaro Donald Trump

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Cristiano Ronaldo agiye guhura na Donald Trump muri White House

Nov 18, 2025 - 15:04
 0
Cristiano Ronaldo agiye guhura na Donald Trump muri White House

Rutahizamu wa Al Nassr, Cristiano Ronaldo, aragirira uruzinduko muri White House, aho agiye guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.


Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ugushyingo 2025, biteganyijwe ko Cristiano Ronaldo arahura na Donald Trump mu biro bye bya White House. Uyu mukinnyi yari amaze imyaka 10 adakandagira ku butaka bwa Amerika mu buryo bugaragarira buri wese.

Uyu munya-Portugal, ufite imyaka 40, kuva muri 2017, ntiyigeze yongera gufotorerwa mu ruhame ari muri Amerika, nyuma yo kuregwa gusambanya ku gahato umukobwa w’Umunyamerika witwa Kathryn Mayorga.

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru gikorera mu Budage Der Spiegel muri 2017, Mayorga yavuze ko Ronaldo yamufatiye ku ngufu muri hoteli yo muri Las Vegas muri 2009.

Biravugwa ko bombi bari baragiranye amasezerano yo gukemura ikibazo mu buryo bw’ubwumvikane muri 2010. Mayorga yongeye kubivuga hashize imyaka irindwi, ashaka amafaranga menshi arenga amadolari ibihumbi 375 yari yarahawe mbere, ariko Ronaldo yahakanye ibi birego yaregwaga.

Perezida Donald Trump ari kwitegura kwakira kandi Umwami wungirije wa Saudi Arabia, Mohammed Bin Salman, mu ruzinduko ruzaganirwamo kugurisha indege z’intambara za F-35 n’andi masezerano y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’iki gihugu.

Uru ruzinduko ni narwo rwa mbere Mohammed Bin Salman akoreye muri Amerika kuva muri 2018, ubwo umunyamakuru Jamal Khashoggi yicirwaga muri Amasade ya Saudi Arabia muri Turkia, ibintu byatunguye cyane abantu benshi.

Raporo y’iperereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagaragaje ko Mohammed Bin Salman yemeje operasiyo yo gufata cyangwa kwica Khashoggi, nubwo we yavuze ko atatanze itegeko ariko yemera ko ari inshingano ze nk’ufite ububasha mu gihugu.

Uko kwakirwa neza muri Washington bigaragaza ko umubano hagati y’ibihugu byombi wongeye kuzanzamuka nyuma y’ikibazo cyatewe n’urupfu rwa Khashoggi.

Ronaldo rero kuba ajya muri Amerika ni ibintu bidasanzwe, kandi bibaye mbere y’amezi arindwi mbere yuko Igikombe cy’Isi kiba ndetse kikazabera muri Amerika, Canada na Mexico. Kugeza ubu ntiharamenyekana ibiravugirwa muri ibi biganiro hagati ya Ronaldo na Donald Trump.

Abafana bakurikiranye urugendo rwe mu kirere kuva i Riyadh berekeza i Washington DC ku mugoroba wo ku wa Mbere, aho byari biteganyijwe ko we n’umukunzi we Georgina Rodriguez bagera ku kibuga cy’Indege saa 10h36 z’ijoro .

No photo description available.Cristiano Ronaldo yohereje umwambaro Donald Trump