Ikipe ya APR FC yatsinze Bugesera FC amatara yongera kuzima
Ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino w'umunsi wa 14 wa Shampiyona y'u Rwanda.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Mutarama 2026. Ikipe ya APR FC yarushije cyane Bugesera FC ndetse igenda ihusha uburyo bwinshi Kandi bukomeye bwagombaga kuvamo ibitego.
Ikipe ya APR FC ku munota wa 41, yaje kubona igitego cya mbere gitsinzwe na William Mel Togui. Ni igitego cyabonetse kivuye kuri Koroneri yatewe na Ruboneka Jean Bosco umupira usanga aho Togui ahagaze ahita atsinda igitego cya mbere.
Ikipe ya Bugesera FC nayo ntabwo yigeze icika intege nubwo wabonaga irimo kurushwa na APR FC ariko ukabona ko igerageza nubwo itatakaga izamu cyane.
Ku munota wa 79, ikipe ya Bugesera FC yatsinze igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Saddick Sulley kuri Kufura nziza cyane yateye umupira Ishimwe Pierre ufatira APR FC ntiyamenya aho waciye.
Bugesera FC ikimara gutsinda igitego umuriro wahise ubura muri Kigali Pele Stadium. Iri bura ry'umuriro ryamaze iminota igera ku 15 umukino wahagaze.
Ku munota wa 85, Ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya Kabiri gitsinzwe na Cheick Djibril Ouattara kuri Penalite nyuma y'ikosa ryakorewe Mugisha Gilbert wari ucenze ba myugariro ba Bugesera yinjira mu rubuga rw'umuzamu ahita akorerwa ikosa.
Umukino waje kurangira ikipe ya APR FC ibonye amanota atatu nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-1. Ikipe ya APR FC nyuma yo gutsinda yahise igira amanota 29 iguma ku mwanya wa kabiri inyuma ya Police FC ifite amanota 32.


Kinyarwanda
English
Swahili









