issa
Ombarenga Fitina agiye gusubira mu rugo

Ombarenga Fitina agiye gusubira mu rugo

May 7, 2025 - 12:14
 0

Myugariro wa Rayon Sports, Ombarenga Fitina, agiye gusubira muri APR FC yavuyemo.


Mu meshya ya 2024, nibwo Ombarenga Fitina yasinye amasezerano y’imyaka 2 mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka 7 yari amaze muri APR FC.

Ombarenga Fitina yasinye aya masezerano yemeranya guhabwa n’iyi kipe amafaranga angana na milliyoni 30. Akimara gusinya yarishyuwe ariko asigarwamo amafaranga angana na Milliyoni 2.

Myugariro Ombarenga Fitina mu gihe habura amezi 2 gusa ngo arangize sezo ya mbere muri Rayon Sports, yanditse ibaruwa asaba gutandukana n’iyi kipe.

Ni ibaruwa yagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 7 Gicurasi 2025 ariko akaba yayohereje ubuyobozi bwa Rayon Spots mu ijoro rya cyeye.

Muri iyi baruwa, Ombarenga Fitina avuga ko Rayon Sports itigeze yubahiriza ibikubiye mu masezerano bari baremeranyije ndetse aba ari nabyo bitumye ahitamo asaba kuyasesa.

Abakinnyi ba Rayon Sports bamaze amezi 2 nta mushahara bahabwa ariko bakaba bari barahawe icyizere n’ubuyobozi ko barayashaka vuba bakabikwishyura.

Ikipe ya Rayon Sports imaze iminsi ikora iperereza ku myitwarire y’abakinnyi bamwe na bamwe ndetse amakuru ahari avuga ko imyitwarire mibi iyi kipe imazemo iminsi na Ombarenga Fitina abiri inyuma.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko ikipe ya APR FC imaze iminsi ivugana na Ombarenga Fitina kugirango agaruke nyuma y’igihe gito akinira Rayon Sports.

Ombarenga Fitina mu minsi ishize yumvikanye atangaza ko nubwo yavuye muri APR FC ariko agifite icyizere cyo kuzagaruka kuyikinira kuko agifite urukundo rwayo 

Uyu mukinnyi amaze iminsi akina nabi nkuko abakunzi ba Rayon Sports babivuga ndetse byanamuviriyemo gutakaza umwanya wongera gufatwa na Serumogo Ally bakina ku mwanya umwe.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ombarenga Fitina agiye gusubira mu rugo

May 7, 2025 - 12:14
May 7, 2025 - 12:20
 0
Ombarenga Fitina agiye gusubira mu rugo

Myugariro wa Rayon Sports, Ombarenga Fitina, agiye gusubira muri APR FC yavuyemo.


Mu meshya ya 2024, nibwo Ombarenga Fitina yasinye amasezerano y’imyaka 2 mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka 7 yari amaze muri APR FC.

Ombarenga Fitina yasinye aya masezerano yemeranya guhabwa n’iyi kipe amafaranga angana na milliyoni 30. Akimara gusinya yarishyuwe ariko asigarwamo amafaranga angana na Milliyoni 2.

Myugariro Ombarenga Fitina mu gihe habura amezi 2 gusa ngo arangize sezo ya mbere muri Rayon Sports, yanditse ibaruwa asaba gutandukana n’iyi kipe.

Ni ibaruwa yagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 7 Gicurasi 2025 ariko akaba yayohereje ubuyobozi bwa Rayon Spots mu ijoro rya cyeye.

Muri iyi baruwa, Ombarenga Fitina avuga ko Rayon Sports itigeze yubahiriza ibikubiye mu masezerano bari baremeranyije ndetse aba ari nabyo bitumye ahitamo asaba kuyasesa.

Abakinnyi ba Rayon Sports bamaze amezi 2 nta mushahara bahabwa ariko bakaba bari barahawe icyizere n’ubuyobozi ko barayashaka vuba bakabikwishyura.

Ikipe ya Rayon Sports imaze iminsi ikora iperereza ku myitwarire y’abakinnyi bamwe na bamwe ndetse amakuru ahari avuga ko imyitwarire mibi iyi kipe imazemo iminsi na Ombarenga Fitina abiri inyuma.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko ikipe ya APR FC imaze iminsi ivugana na Ombarenga Fitina kugirango agaruke nyuma y’igihe gito akinira Rayon Sports.

Ombarenga Fitina mu minsi ishize yumvikanye atangaza ko nubwo yavuye muri APR FC ariko agifite icyizere cyo kuzagaruka kuyikinira kuko agifite urukundo rwayo 

Uyu mukinnyi amaze iminsi akina nabi nkuko abakunzi ba Rayon Sports babivuga ndetse byanamuviriyemo gutakaza umwanya wongera gufatwa na Serumogo Ally bakina ku mwanya umwe.