Police FC itsinze Kiyovu Sports yagaragaje isura idasanzwe
Police FC itsinze Kiyovu Sports igitego 1-0 mu mukino wa gishuti.
Ku isaha ya saa cyenda z'amanwa zo kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Nzeri 2025, nibwo umukino wahuje Kiyovu Sports na Police FC wabaye. Ni umukino wari ukomeye ariko utangira ku Kigali Pele nta bafana bahari.
Ikipe zombi zari ziri kwipima mbere yo gutangira Shampiyona y'u Rwanda. Ikipe ya Police FC nyuma yo kwerekana imbaraga nyinshi mu mikino y'Inkera y'Abahizi yaje no muri uyu mukino ikina neza ariko kubona igitego birayigora cyane.
Kiyovu Sports itarimo guhabwa amahirwe yo kwitwara neza uyu mwaka, yagerageje gukina bijyanye nuko ifite abakinnyi bakuru Kandi bafite ubunararibonye bitewe n'igihe bamaze mu kibuga. Abo bakinnyi barimo Cedrick Amis ndetse na Nizigiyimana Khalim Mackenzie.
Ikipe zombi zasoje igice cya mbere zinganyije 0-0 nubwo yagerageje kurema uburyo bwagombaga kuvamo ibitego.
Igice cya Kabiri cyatangiye ikipe n'ubundi zatakana ariko ukabona ko Kiyovu Sports irimo kugorwa no kurushwa hagati mu kibuga. Ku munota wa 55, Police FC yaje kubona igitego gitsinzwe na Ingabire Christian Tia wazanywe avuye muri Interforce FC.
Kiyovu Sports yahise itangira kwataka cyane izamu rya Police FC ndetse mu minota 80 yahijije ibitego 2 ku mipira yaterwaga na Uwineza Rene iyi kipe yazanye muri Saison ishize ya 2024/2025.
Umukino wahuzaga Kiyovu Sports na Police FC waje kurangira ikipe ya Police FC itsinze igitego kimwe ku busa. Ni umukino twabonye Kiyovu Sports ikina umupira udasanzwe ariko Ben Moussa yari yagerageje guhereza amahirwe n'abandi bakinnyi badasanzwe babona umwanya.


Kinyarwanda
English
Swahili









