Perezida w’u Rwanda yanyuzwe n’umukino wa Arsenal FC na Atletico Madrid
Ikipe ya Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, ishimwe cyane na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame usanzwe akunda iyi kipe.
Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye tariki 5 Gicirasi 2026. Ikipe ya Arsenal FC yari yakiriye ikipe ya Atletico Madrid kuri Emirates Stadium, urangira ikipe ya Arsenal itsinze Atletico Madrid igitego 1-0.
Wari umukino ukomeye wabonaga urimo gukanirana cyane n’imbaraga nyinshi ku mpande zombi. Arsenal FC nyuma yo kugenda uhusha uburyo bwinshi, ku munota wa 43, Bukayo Saka yaje gutsinda igitego nyuma y’ishoti rikomeye ryari ritewe na Trossard umuzamu wa Atletico Madrid kuwufata ngo awuherane biranga Bukayo ahita atsinda.
Ikipe ya Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 2-1 kuko umukino ubanza ikipe zombi zanganyije igitego 1-1. Arsenal FC ikomeje gukora amateka kuko kuva iyi mikino yatangira ntabwo iratsindwa umukino n’umwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yanyuzwe n'uyu mukino ndetse ashimira Arsenal FC nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma.
Yagize ati “ Umukino mwiza ku makipe akorana n’u Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda, Arsenal na Atletico Madrid. Wakoze neza Arsenal ku ntsinzi no kubona itike yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League. Twifurije amahirwe masa abafatanyabikorwa b’u Rwanda.”
Kuri uyu wa Gatatu, hategerejwe umukino urasiga hamenyekanye ikipe irasanga Arsenal FC ku mukino wa nyuma. Uyu mukino urahuza ikipe ya Bayern Munich na Paris Saint Germain. Umukino ubanza warangiye ikipe ya Bayern Munich itsinzwe na PSG ibitego 5-4.
Umukino wa nyuma biteganyijwe ko uzaba tariki 30 Gicurasi 2026. Uyu mukino izabera mu gihugu cya Hungary mu mujyi wa Budapest. UEFA Champions League iheruka yegukanwe na Paris Saint Germain itsinze Inter Milan ku mukino wa nyuma.

Kinyarwanda
English
Swahili








