issa
Nyuma ya Ndikumana Asmane na Bigirimana Abedi yahanwe

Nyuma ya Ndikumana Asmane na Bigirimana Abedi yahanwe

Jan 14, 2026 - 12:00
 0

Umurundi ukina mu kibuga hagati muri Rayon Sports, Bigirimana Abedi yahawe ibihano kubera gushaka gukina imikino yifuza gusa.


Bigirimana Abedi utaramara igihe avuye mu mvune yo munsi y'ikirenge, yahawe ibihano na Rayon Sports nyuma yo gukora igisa no kwigaragambya kubera umujinya yatewe no kwimwa umwanya.

Ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino n'ikipe ya APR FC wa Super Cup, urangira Rayon Sports inyagiwe na APR FC ibitego 4-1.

Bigirimana Abedi, Tambwe Gloire ndetse na Drissa Kouyate, bari bicaye mu bafana nyuma y'uko umutoza Bruno Ferry atifuje kubakoresha kuri uyu mukino kubera ikibazo cy'abanyamahanga Umunani baba bemerewe kugaragara ku mikino itegurwa na FERWAFA.

Nyuma y'umukino abakinnyi basabwe kugaruka mu myitozo mu kwitegura umukino Rayon Sports ifitanye na Al Hilal Omdurman kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mutarama 2026. Abakinnyi bose bemeye kugaruka mu myitozo ariko Bigirimana Abedi amenyesha umutoza ko atazakina na Al Hilal Omdurman kubera ikibazo cy'ivi.

Bruno Ferry yababajwe cyane na Bigirimana Abedi, ndetse asaba ubuyobozi ko bibaye byiza atamugumana mu bakinnyi be kuko atakishimira kubana n'umukinnyi ukina imikino ashaka.

UKWELITIMES twagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Rayon Sports kuri iki kibazo cya Bigirimana Abedi, adutangariza ko uyu mukinnyi yamaze guhanwa, ahakana ibyo kuba Bruno Ferry atarifuje ko yakurwa mu bandi bakinnyi ba Rayon Sports.

Yagize ati " Oya ntabwo ari byo. Ni igihano arimo gusa cyo gukorera ku ruhande."

Bigirimana Abedi abaye umukinnyi wa Kabiri wa Rayon Sports uhawe ibihano nyuma y'umukino iyi kipe yatsinzwemo na APR FC kuko na Ndikumana Asmane yahawe ibihano nyuma yo gutongana n'umutoza Bruno Ferry wamushinjaga gushaka gutanga amabwiriza ye atandukanye n'ibyo yababwiye.

Ndikumana Asmane yahawe igihano cy'icyumweu adakina imikino ya Rayon Sports, bivuze ko ubwo bazaba bakina na Al Hilal Omdurman ntabwo iyi kipe izaba ifite aba bakinnyi babiri kandi bakomeye.

Bigirimana Abedi yahawe ibihano na Rayon Sports 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Nyuma ya Ndikumana Asmane na Bigirimana Abedi yahanwe

Jan 14, 2026 - 12:00
Jan 14, 2026 - 12:12
 0
Nyuma ya Ndikumana Asmane na Bigirimana Abedi yahanwe

Umurundi ukina mu kibuga hagati muri Rayon Sports, Bigirimana Abedi yahawe ibihano kubera gushaka gukina imikino yifuza gusa.


Bigirimana Abedi utaramara igihe avuye mu mvune yo munsi y'ikirenge, yahawe ibihano na Rayon Sports nyuma yo gukora igisa no kwigaragambya kubera umujinya yatewe no kwimwa umwanya.

Ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino n'ikipe ya APR FC wa Super Cup, urangira Rayon Sports inyagiwe na APR FC ibitego 4-1.

Bigirimana Abedi, Tambwe Gloire ndetse na Drissa Kouyate, bari bicaye mu bafana nyuma y'uko umutoza Bruno Ferry atifuje kubakoresha kuri uyu mukino kubera ikibazo cy'abanyamahanga Umunani baba bemerewe kugaragara ku mikino itegurwa na FERWAFA.

Nyuma y'umukino abakinnyi basabwe kugaruka mu myitozo mu kwitegura umukino Rayon Sports ifitanye na Al Hilal Omdurman kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mutarama 2026. Abakinnyi bose bemeye kugaruka mu myitozo ariko Bigirimana Abedi amenyesha umutoza ko atazakina na Al Hilal Omdurman kubera ikibazo cy'ivi.

Bruno Ferry yababajwe cyane na Bigirimana Abedi, ndetse asaba ubuyobozi ko bibaye byiza atamugumana mu bakinnyi be kuko atakishimira kubana n'umukinnyi ukina imikino ashaka.

UKWELITIMES twagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Rayon Sports kuri iki kibazo cya Bigirimana Abedi, adutangariza ko uyu mukinnyi yamaze guhanwa, ahakana ibyo kuba Bruno Ferry atarifuje ko yakurwa mu bandi bakinnyi ba Rayon Sports.

Yagize ati " Oya ntabwo ari byo. Ni igihano arimo gusa cyo gukorera ku ruhande."

Bigirimana Abedi abaye umukinnyi wa Kabiri wa Rayon Sports uhawe ibihano nyuma y'umukino iyi kipe yatsinzwemo na APR FC kuko na Ndikumana Asmane yahawe ibihano nyuma yo gutongana n'umutoza Bruno Ferry wamushinjaga gushaka gutanga amabwiriza ye atandukanye n'ibyo yababwiye.

Ndikumana Asmane yahawe igihano cy'icyumweu adakina imikino ya Rayon Sports, bivuze ko ubwo bazaba bakina na Al Hilal Omdurman ntabwo iyi kipe izaba ifite aba bakinnyi babiri kandi bakomeye.

Bigirimana Abedi yahawe ibihano na Rayon Sports