issa
Col. Joseph Nganzo Olikwa wa FARDC yishwe na AFC/M23 muri Kivu y’Epfo

Col. Joseph Nganzo Olikwa wa FARDC yishwe na AFC/M23 muri Kivu y’Epfo

Mar 5, 2026 - 18:12
 0

Colonel Joseph Nganzo Olikwa, uzwi ku izina rya Ziroziro, wo mu ngabo za Forces Armées de la République Démocratique du Congo (FARDC) yiciwe mu mirwano yabereye mu gace ka Kitavi ku muhanda wa Mikenge, mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo.


Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano yagiye hanze ku wa 05 Werurwe 2026 avuga ko uyu musirikare mukuru yiciwe mu mirwano yahanganishije ingabo za FARDC n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ukorana na AFC/M23 ku wa 3 Werurwe 2026.
Iyi mirwano yabereye mu gace ka Kitavi ku murongo uhuza Mikenge n’utundi duce two muri Kivu y’Epfo, kamwe mu duce tumaze igihe turangwamo imirwano ikomeye hagati y’ingabo za leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barwana n’umutwe wa AFC/M23.
Amakuru yizewe mu nzego z’umutekano avuga ko urupfu rwa Colonel Joseph Nganzo Olikwa rwabaye mu gihe imirwano yari ikomeje gukaza umurego muri ako gace, aho impande zihanganye zakomeje kurwanira kugenzura ibice by’ingenzi by’iyo ntara.
Intara ya Kivu y’Epfo ni imwe mu zigize uburasirazuba bwa RDC ahamaze igihe habera isibaniro. Iyi mirwano ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’abaturage ndetse n’ituze ry’akarere muri rusange.

Col. Joseph Nganzo Olikwa wa FARDC yishwe na AFC/M23 muri Kivu y’Epfo

Mar 5, 2026 - 18:12
Mar 5, 2026 - 18:15
 0
Col. Joseph Nganzo Olikwa wa FARDC yishwe na AFC/M23 muri Kivu y’Epfo

Colonel Joseph Nganzo Olikwa, uzwi ku izina rya Ziroziro, wo mu ngabo za Forces Armées de la République Démocratique du Congo (FARDC) yiciwe mu mirwano yabereye mu gace ka Kitavi ku muhanda wa Mikenge, mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo.


Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano yagiye hanze ku wa 05 Werurwe 2026 avuga ko uyu musirikare mukuru yiciwe mu mirwano yahanganishije ingabo za FARDC n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ukorana na AFC/M23 ku wa 3 Werurwe 2026.
Iyi mirwano yabereye mu gace ka Kitavi ku murongo uhuza Mikenge n’utundi duce two muri Kivu y’Epfo, kamwe mu duce tumaze igihe turangwamo imirwano ikomeye hagati y’ingabo za leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barwana n’umutwe wa AFC/M23.
Amakuru yizewe mu nzego z’umutekano avuga ko urupfu rwa Colonel Joseph Nganzo Olikwa rwabaye mu gihe imirwano yari ikomeje gukaza umurego muri ako gace, aho impande zihanganye zakomeje kurwanira kugenzura ibice by’ingenzi by’iyo ntara.
Intara ya Kivu y’Epfo ni imwe mu zigize uburasirazuba bwa RDC ahamaze igihe habera isibaniro. Iyi mirwano ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’abaturage ndetse n’ituze ry’akarere muri rusange.