issa
Samuel Uwikunda ashobora gusifura igikombe cy'Afurika

Samuel Uwikunda ashobora gusifura igikombe cy'Afurika

Oct 24, 2025 - 08:08
 0

Umusifuzi mpuzamahanga w'umunyarwanda, Samuel Uwikunda, yashyizwe mu basifuzi 101 bagiye kwitegura igikombe cy'Afurika.


Ni urutonde rwagiye hanze ku wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025, rushyizwe hanze na Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru muri Afurika, CAF, nyuma yuko hatangiye kwitegura igikombe cy'Afurika kibura ukwezi n'iminsi micye kugira ngo gitangire.

Umusifuzi w'umunyarwanda, Samuel Uwikunda, yisanze ari umunyarwanda umwe rukumbi ushobora kuzahabwa gusifura igikombe cy'Afurika mu gihe iyi myiteguro yaba igenze neza nawe bagasanga ari ku rwego rwo kwitabira iyi mikino.

Mu bandi basifuzi baturutse muri ibi bihugu duturanye harimo Kamaku Peter Waweru, Mimisa Dickens, Gilbert Cheruiyot na Yiembe stephen bakomoka muri Kenya hamwe na Ndabihawenimana Pacifique ukomoka mu Burundi.

Iki gikombe cy'Afurika kigiye kuba ku nshuro ya 35, kizabera muri Marocco guhera tariki 21 Ukuboza 2025 kugeza 18 Mutarama 2026. Samuel Uwikunda naramuka asifuye iki gikombe araba abikoze inshuro 2 zikurikiranya nyuma yo gusifura icya 2024 cyabereye muri Cote D'Ivoire.

Samuel Uwikunda asanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Samuel Uwikunda ashobora gusifura igikombe cy'Afurika

Oct 24, 2025 - 08:08
 0
Samuel Uwikunda ashobora gusifura igikombe cy'Afurika

Umusifuzi mpuzamahanga w'umunyarwanda, Samuel Uwikunda, yashyizwe mu basifuzi 101 bagiye kwitegura igikombe cy'Afurika.


Ni urutonde rwagiye hanze ku wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025, rushyizwe hanze na Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru muri Afurika, CAF, nyuma yuko hatangiye kwitegura igikombe cy'Afurika kibura ukwezi n'iminsi micye kugira ngo gitangire.

Umusifuzi w'umunyarwanda, Samuel Uwikunda, yisanze ari umunyarwanda umwe rukumbi ushobora kuzahabwa gusifura igikombe cy'Afurika mu gihe iyi myiteguro yaba igenze neza nawe bagasanga ari ku rwego rwo kwitabira iyi mikino.

Mu bandi basifuzi baturutse muri ibi bihugu duturanye harimo Kamaku Peter Waweru, Mimisa Dickens, Gilbert Cheruiyot na Yiembe stephen bakomoka muri Kenya hamwe na Ndabihawenimana Pacifique ukomoka mu Burundi.

Iki gikombe cy'Afurika kigiye kuba ku nshuro ya 35, kizabera muri Marocco guhera tariki 21 Ukuboza 2025 kugeza 18 Mutarama 2026. Samuel Uwikunda naramuka asifuye iki gikombe araba abikoze inshuro 2 zikurikiranya nyuma yo gusifura icya 2024 cyabereye muri Cote D'Ivoire.

Samuel Uwikunda asanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga