issa
Visi Perezida yitandukanyije n'icyemezo cya Perezida wa Rayon Sports

Visi Perezida yitandukanyije n'icyemezo cya Perezida wa Rayon Sports

Oct 15, 2025 - 18:04
 0

Visi Perezida wa Rayon Sports, Muhirwa Prosper, yitandukanyije n'ibyo Twagirayezu Thadee yakoze nka Perezida w'iyi kipe wahagaritse Afhamia Lotfi.


Ibi bikubiye mu ibaruwa ngufi Muhirwa Prosper yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports, yemeza ko yitandukanyije n'icyemezo cyo guhagarika uwari umutoza Afhamia Lotfi ndetse n'umwungiriza we.

Muri iyi Baruwa yanditswe na Muhirwa Prosper, avugamo ko icyemezo cyo guhagarika umutoza wa Rayon Sports yagifashe ku giti cye kuko atigeze akiganiraho na Komite nyobozi ya Rayon Sports bityo akwiye kuzirengera ingaruka ntibyitirirwe iyi kipe.

Hashize igihe kirenga amezi 3, bivugwa ko Visi Perezida wa Rayon Sports Muhirwa Prosper atemeranya n'ibyemezo ndetse n'imiyoborere ya Twagirayezu Thadee, ubona ko yateye umugongo iyi kipe ndetse hatangira no kuzamo amakuru atandukanye avuga ko n'ubufasha ubwo ari bwo bwose yahagaritse kubutanga.

Ku itariki 13 Ukwakira 2025, nibwo ikipe ya Rayon Sports yohereje ibaruwa Afhamia Lotfi imuhagarika ukwezi. Mbere yuko Rayon Sports isohora iyi baruwa ihagarika Afhamia Lotfi, Muhirwa Prosper yagaragaye mu myitozo y'iyi kipe aganira n'uyu mutoza ndetse bivugwa ko ari nawe wari wabwiye uyu mutoza kuza gukora akazi.

UKWELITIMES twamenye ko mbere yuko uyu mutoza aza mu Nzove gutoza yari yabwiwe n'ubuyobozi bwa Rayon Sports ko yahagaritswe ariko Muhirwa Prosper amusaba kuza ndetse biba ngombwa ko adakoresha iyi myitozo kuko yahise ahagarikirwa ku kibuga.

Muhirwa Prosper, ni umwe mu bagize uruhare mu izanwa ry'uyu mutoza Afhamia Lotfi, ariko kuva yaza ntabwo yigeze yishimirwa na Perezida Twagirayezu Thadee kugeza ubu hafashwe umwanzuro wo kumuhagarika.

Rayon Sports bivugwa ko ishobora kujyanwa muri FIFA n'uyu mutoza nubwo ubuyobozi bwayo buvuga ko ibyo bamugomba byose biri mu masezerano barabimuha ariko bagatandukana. Kugeza ubu ntabwo Rayon Sports irishyura umutoza Robertinho ibihumbi 22.5 by'Amadorari baciwe na FIFA.

Twagirayezu Thadee Perezida wa Rayon Sports ntiyumvikana nabo bafatanyije kuyobora 

Visi Perezida wa Rayon Sports ntiyumvikana n'ibyemezo bya Perezida

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Visi Perezida yitandukanyije n'icyemezo cya Perezida wa Rayon Sports

Oct 15, 2025 - 18:04
Oct 15, 2025 - 18:05
 0
Visi Perezida yitandukanyije n'icyemezo cya Perezida wa Rayon Sports

Visi Perezida wa Rayon Sports, Muhirwa Prosper, yitandukanyije n'ibyo Twagirayezu Thadee yakoze nka Perezida w'iyi kipe wahagaritse Afhamia Lotfi.


Ibi bikubiye mu ibaruwa ngufi Muhirwa Prosper yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports, yemeza ko yitandukanyije n'icyemezo cyo guhagarika uwari umutoza Afhamia Lotfi ndetse n'umwungiriza we.

Muri iyi Baruwa yanditswe na Muhirwa Prosper, avugamo ko icyemezo cyo guhagarika umutoza wa Rayon Sports yagifashe ku giti cye kuko atigeze akiganiraho na Komite nyobozi ya Rayon Sports bityo akwiye kuzirengera ingaruka ntibyitirirwe iyi kipe.

Hashize igihe kirenga amezi 3, bivugwa ko Visi Perezida wa Rayon Sports Muhirwa Prosper atemeranya n'ibyemezo ndetse n'imiyoborere ya Twagirayezu Thadee, ubona ko yateye umugongo iyi kipe ndetse hatangira no kuzamo amakuru atandukanye avuga ko n'ubufasha ubwo ari bwo bwose yahagaritse kubutanga.

Ku itariki 13 Ukwakira 2025, nibwo ikipe ya Rayon Sports yohereje ibaruwa Afhamia Lotfi imuhagarika ukwezi. Mbere yuko Rayon Sports isohora iyi baruwa ihagarika Afhamia Lotfi, Muhirwa Prosper yagaragaye mu myitozo y'iyi kipe aganira n'uyu mutoza ndetse bivugwa ko ari nawe wari wabwiye uyu mutoza kuza gukora akazi.

UKWELITIMES twamenye ko mbere yuko uyu mutoza aza mu Nzove gutoza yari yabwiwe n'ubuyobozi bwa Rayon Sports ko yahagaritswe ariko Muhirwa Prosper amusaba kuza ndetse biba ngombwa ko adakoresha iyi myitozo kuko yahise ahagarikirwa ku kibuga.

Muhirwa Prosper, ni umwe mu bagize uruhare mu izanwa ry'uyu mutoza Afhamia Lotfi, ariko kuva yaza ntabwo yigeze yishimirwa na Perezida Twagirayezu Thadee kugeza ubu hafashwe umwanzuro wo kumuhagarika.

Rayon Sports bivugwa ko ishobora kujyanwa muri FIFA n'uyu mutoza nubwo ubuyobozi bwayo buvuga ko ibyo bamugomba byose biri mu masezerano barabimuha ariko bagatandukana. Kugeza ubu ntabwo Rayon Sports irishyura umutoza Robertinho ibihumbi 22.5 by'Amadorari baciwe na FIFA.

Twagirayezu Thadee Perezida wa Rayon Sports ntiyumvikana nabo bafatanyije kuyobora 

Visi Perezida wa Rayon Sports ntiyumvikana n'ibyemezo bya Perezida