Rev.Emmanuel Ganza yitabiriye igitaramo cya Richard Nick
Emmanuel Ganza uyobora abanyarwanda baba muri Amerika muri Leta ya New York yageze mu Rwanda aho yitabiriye igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo.
Umushumba mukuru w’itorero House of Grace yaje mu Rwanda mu myiteguro y’igitaramo ‘Niwe Healing Concert’ cya Richard Nick gitegerejwe ku wa 29 Ugushyingo 2025 muri Bk Arena.
Akigera I Kigali yaganiriye n’itangazamakuru avuga ko yamenyanye na Richard Nick biciye mu bihangano bakomeza kuba inshuti. Yasobanuye ko afata Richard Nick nka mukuru we kandi akaba yarishimiye kuza kumushyigikira. Rev. Emmanuel Ganza afatanya ivugabutumwa n’ubuhanzi akaba ari nawe perezida w’Abanyarwanda baba I New York muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.


Kinyarwanda
English
Swahili









