issa
Ukuboko kwa Jakaya Kikwete ku butegetsi bwa Perezida Samia

Ukuboko kwa Jakaya Kikwete ku butegetsi bwa Perezida Samia

Nov 18, 2025 - 08:55
 0

Samia Suluhu yarabigaragaje mu kwitura Kikwete kuko ku wa 17 Ugushyingo 2025 ubwo yashyiragaho guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 27 n’abanyamabanga ba Leta 29. Yasize abaminisitiri barindwi bakoranye mu myaka ine ishize. Muri Gicurasi 2024 perezida Samia yambitse umudari w'ishimwe Jakaya Mrisho Kikwete ku musanzu yagize mu kwimakaza umutekano n'amahoro muri Afurika biciye muri Komisiyo y'Ubumwe bw'Afurika.


Jakaya Mrisho Kikwete yabaye perezida wa kane wayoboye Tanzania kuva 2005-2010. Kuva yava ku butegetsi yabaye hafi abaperezida bamukurikiye barimo nyakwigendera John Pombe Magufuli wapfuye adasoje manda ye. Aba hafi kandi Perezida Samia Suluhu Hassan ku buryo abasesengura politiki badahwema kuvuga ko ahubwo Kikwete ari we ugena ibyemeza bifatwa na Samia Suluhu Hassan.

Samia Suluhu yarabigaragaje mu kwitura Kikwete kuko ku wa 17 Ugushyingo 2025 ubwo yashyiragaho guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 27 n’abanyamabanga ba Leta 29. Yasize abaminisitiri barindwi bakoranye mu myaka ine ishize.

Icyakora ntiyiburiye kuko yahaye akazi umukobwa we n’umukwe we, ibyongeye kuzamura impaka mu batavuga rumwe nawe bamushinja icyenewabo, itonesha n’ikimenyane byose bigamije kuguma ku butegetsi.

Ni guverinoma iyobowe na minisitiri w’Intebe witwa Mwigulu Nchemba, uyu yahoze ari minisitiri w’imari. Jakaya Mrisho Kikwete uyoborera Samia, umwana we Ridhiwani Jakaya Kikwete yahawe inshingano agirwa minisitiri ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere myiza muri perezidansi, nk’inzira nziza yo kumutegura kuziyamamariza kuyobora Tanzania mu bihe biri imbere.

Ridhiwani Jakaya Kikwete ni umunyapolitiki wo ishyaka rya CCM, akaba yarabaye umudepite ahagarariye agace ka Chalinze.

Muri manda ishize yari umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutaka n’imiturire y’abaturage.

Ku myaka 46 y’amavuko ari kuzamurwa cyane mu myanya ikomeye ku buryo bitazatungurana igihe azaba akeneye kwiyamamariza kuyobora Tanzania.

CCM ishyaka ridafite uwo bahanganye mu nteko ishinga amategeko

Amatora aheruka yasize amashyaka atavuga rumwe na CCM aciwe intege bityo amwe yikura mu matora, ibintu byahaye imbaraga CCM ikagira ubwiganze. Nkubu,inteko ishinga amategeko ya Tanzania igizwe n’abadepite 402.

Muri bo rero,390 ni aba CCM, mu gihe ACT Wazalendo ifitemo abadepite 9 naho CHAUMMA ikagira abadepite 3. 

CHADEMA yanze kwirirwa ihatana kuko ntiyigeze yemera gusinya igitabo ngengamyitwarire mbere y’amatora.

 Bakunze kuvuga ko hakenewe amavugurura kugirango amatora abe kuko CCM yanze gutanga ubwisanzure mu mitegekere y’igihugu.

Mu gihe cyo kwiyamamaza, ubwo bari ku kirwa cya Zanzibar, Jakaya Kikwete yafashe ijambo Ashima cyane imiyoborere ya perezida Samia Suluhu avuga ko akora ibiri mu cyerekezo cya CCM, ishyaka rimaze ibinyacumi bitandatu riyoboye Tanzania.

Mu mihango mikuru y’igihugu harimo n’irahira riherutse ryabereye mu kigo cya gisirikare, Kikwete aba ari hafi ya Samia nk’umuntu we wa hafi kandi umufasha kumvisha ishyaka ko Samia akwiriye gukomeza kuyobora Tanzania.

Dr Jakaya Mrisho Kikwete ni nawe wabaye Perezida muri Tanzania ukiriho kuko bagenzi be barapfuye. Biroroshye kumwiyambaza nk'inararibonye.

Umuhungu wa Kikwete ari gutegurwa aho yahawe inshingano muri perezidansi.

Kikwete kuva yava ku buyobozi yagiye mu bikorwa by’ubucuruzi mu bijyanye n’ubuhinzi,ubuzima, uburezi,ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, gukorana n’imiryango itegamiye kuri Leta. Akunze gutanga ibiganiro mu nama mpuzamahanga ziga ku iterambere ry’imiyoborere y’Afurika, ingingo ihora imugaragaza nk’inararibonye muri politiki.

Mu myaka 10 yayoboye Tanzania, azahora yibukirwa ku muhate yagize mu gushishikariza abashoramari kuza mu buhinzi nk’igisubizo cyo kwihaza ku banyatanzania. Nubwo kugeza ubu nta mutegetsi muri Tanzania wari waraga umwana we ubuyobozi, birigaragaza ko Kikwete ari gucira inzira umuhungu we ku buryo igihe hazakenerwa uhagararira CCM, bitazatwara iminsi myinshi bamwibazaho kuko azaba yarakoze mu myanya yo hejuru mu buyobozi bw’igihugu.

Kikwete yakunze gushishikariza urubyiruko kujya muri politiki kuko babonye uburezi bwiza, akaba asanga muto wo kutayobora. Ibi rero biri kwerekana aho umuhungu we yerekeza mu hazaza ha Tanzania. Muri Mata 2023 Kikwete yasabwe gutanga umusanzu mu kuvugurura Komisiyo ishinzwe gukurikirana abarya ruswa.

Kikwete na Samia barawubanye

Samia yiyambaza inama za Kikwete iyo byakomeye hakenewe gufata ibyemezo bikakaye

Ukuboko kwa Jakaya Kikwete ku butegetsi bwa Perezida Samia

Nov 18, 2025 - 08:55
Nov 18, 2025 - 09:08
 0
Ukuboko kwa Jakaya Kikwete ku butegetsi bwa Perezida Samia

Samia Suluhu yarabigaragaje mu kwitura Kikwete kuko ku wa 17 Ugushyingo 2025 ubwo yashyiragaho guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 27 n’abanyamabanga ba Leta 29. Yasize abaminisitiri barindwi bakoranye mu myaka ine ishize. Muri Gicurasi 2024 perezida Samia yambitse umudari w'ishimwe Jakaya Mrisho Kikwete ku musanzu yagize mu kwimakaza umutekano n'amahoro muri Afurika biciye muri Komisiyo y'Ubumwe bw'Afurika.


Jakaya Mrisho Kikwete yabaye perezida wa kane wayoboye Tanzania kuva 2005-2010. Kuva yava ku butegetsi yabaye hafi abaperezida bamukurikiye barimo nyakwigendera John Pombe Magufuli wapfuye adasoje manda ye. Aba hafi kandi Perezida Samia Suluhu Hassan ku buryo abasesengura politiki badahwema kuvuga ko ahubwo Kikwete ari we ugena ibyemeza bifatwa na Samia Suluhu Hassan.

Samia Suluhu yarabigaragaje mu kwitura Kikwete kuko ku wa 17 Ugushyingo 2025 ubwo yashyiragaho guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 27 n’abanyamabanga ba Leta 29. Yasize abaminisitiri barindwi bakoranye mu myaka ine ishize.

Icyakora ntiyiburiye kuko yahaye akazi umukobwa we n’umukwe we, ibyongeye kuzamura impaka mu batavuga rumwe nawe bamushinja icyenewabo, itonesha n’ikimenyane byose bigamije kuguma ku butegetsi.

Ni guverinoma iyobowe na minisitiri w’Intebe witwa Mwigulu Nchemba, uyu yahoze ari minisitiri w’imari. Jakaya Mrisho Kikwete uyoborera Samia, umwana we Ridhiwani Jakaya Kikwete yahawe inshingano agirwa minisitiri ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere myiza muri perezidansi, nk’inzira nziza yo kumutegura kuziyamamariza kuyobora Tanzania mu bihe biri imbere.

Ridhiwani Jakaya Kikwete ni umunyapolitiki wo ishyaka rya CCM, akaba yarabaye umudepite ahagarariye agace ka Chalinze.

Muri manda ishize yari umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutaka n’imiturire y’abaturage.

Ku myaka 46 y’amavuko ari kuzamurwa cyane mu myanya ikomeye ku buryo bitazatungurana igihe azaba akeneye kwiyamamariza kuyobora Tanzania.

CCM ishyaka ridafite uwo bahanganye mu nteko ishinga amategeko

Amatora aheruka yasize amashyaka atavuga rumwe na CCM aciwe intege bityo amwe yikura mu matora, ibintu byahaye imbaraga CCM ikagira ubwiganze. Nkubu,inteko ishinga amategeko ya Tanzania igizwe n’abadepite 402.

Muri bo rero,390 ni aba CCM, mu gihe ACT Wazalendo ifitemo abadepite 9 naho CHAUMMA ikagira abadepite 3. 

CHADEMA yanze kwirirwa ihatana kuko ntiyigeze yemera gusinya igitabo ngengamyitwarire mbere y’amatora.

 Bakunze kuvuga ko hakenewe amavugurura kugirango amatora abe kuko CCM yanze gutanga ubwisanzure mu mitegekere y’igihugu.

Mu gihe cyo kwiyamamaza, ubwo bari ku kirwa cya Zanzibar, Jakaya Kikwete yafashe ijambo Ashima cyane imiyoborere ya perezida Samia Suluhu avuga ko akora ibiri mu cyerekezo cya CCM, ishyaka rimaze ibinyacumi bitandatu riyoboye Tanzania.

Mu mihango mikuru y’igihugu harimo n’irahira riherutse ryabereye mu kigo cya gisirikare, Kikwete aba ari hafi ya Samia nk’umuntu we wa hafi kandi umufasha kumvisha ishyaka ko Samia akwiriye gukomeza kuyobora Tanzania.

Dr Jakaya Mrisho Kikwete ni nawe wabaye Perezida muri Tanzania ukiriho kuko bagenzi be barapfuye. Biroroshye kumwiyambaza nk'inararibonye.

Umuhungu wa Kikwete ari gutegurwa aho yahawe inshingano muri perezidansi.

Kikwete kuva yava ku buyobozi yagiye mu bikorwa by’ubucuruzi mu bijyanye n’ubuhinzi,ubuzima, uburezi,ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, gukorana n’imiryango itegamiye kuri Leta. Akunze gutanga ibiganiro mu nama mpuzamahanga ziga ku iterambere ry’imiyoborere y’Afurika, ingingo ihora imugaragaza nk’inararibonye muri politiki.

Mu myaka 10 yayoboye Tanzania, azahora yibukirwa ku muhate yagize mu gushishikariza abashoramari kuza mu buhinzi nk’igisubizo cyo kwihaza ku banyatanzania. Nubwo kugeza ubu nta mutegetsi muri Tanzania wari waraga umwana we ubuyobozi, birigaragaza ko Kikwete ari gucira inzira umuhungu we ku buryo igihe hazakenerwa uhagararira CCM, bitazatwara iminsi myinshi bamwibazaho kuko azaba yarakoze mu myanya yo hejuru mu buyobozi bw’igihugu.

Kikwete yakunze gushishikariza urubyiruko kujya muri politiki kuko babonye uburezi bwiza, akaba asanga muto wo kutayobora. Ibi rero biri kwerekana aho umuhungu we yerekeza mu hazaza ha Tanzania. Muri Mata 2023 Kikwete yasabwe gutanga umusanzu mu kuvugurura Komisiyo ishinzwe gukurikirana abarya ruswa.

Kikwete na Samia barawubanye

Samia yiyambaza inama za Kikwete iyo byakomeye hakenewe gufata ibyemezo bikakaye