Sudan y’Epfo yaburiwe ko ishobora kwibasirwa n’intambara nyuma y’itabwa muri yombi rya Riek Machar
Ibintu bikomeje kuba bibi muri Sudan y’Epfo, aho kugeza ubu amakuru avuga ko Visi Perezida w’iki gihugu ariwe Riek Machar yatawe muri yombi.
Pal Mai Deng, umuvugizi w'ishyaka SPLM-IO rya Riek Machar, yatangaje ko ko Riek Machar yafungiwe iwe mu rugo i Juba kuva mu ijoro ryo ku wa gatatu.
Gufungwa kwe kwaba gusobanuye kuzamuka kw'amakimbirane amaze iminsi muri iki gihugu hagati ya Perezida Salva Kiir n'uruhande rutavuga rumwe na we.
ONU yavuze ko abategetsi b'iki gihugu barimo gusatira kwinjira mu ntambara yeruye cyangwa kugarura igihugu mu mahoro na demokarasi kimwe muri ibyo. Yasabye impande zose kwifata no gushyigikira amasezerano y'amahoro" yemeranyijwe mu 2018.
Hagati muri uku kwezi kwa Werurwe, Machar yavuze ko amaze imyaka 7 afungiwe iwe mu rugoariko ngo benshi bashobora kuba batabizi, agahamya ko ariwe visi perezida wa mbere ku isi umaze imyaka irindwi afungiye mu rugo kandi n'ubu bikaba bigikomeje.


Kinyarwanda
English
Swahili









