issa
Isiraheli yahombye abasirikare 5 bakiri abana

Isiraheli yahombye abasirikare 5 bakiri abana

Jul 8, 2025 - 17:50
 0

Igisirikare cya Isiraheli cyemeje ko abasirikare 5 bapfuye mu mirwano ikomeye yabereye mu majyaruguru ya Gaza kuri uyu wa Kabiri, abandi 2 barakomereka bikabije. Abapfuye bari hagati y’imyaka 20 na 28.


Minisitiri w’Intebe Isiraheli Benjamin Netanyahu uri muri Amerika, yihanganishije imiryango yabo, avuga ko baguye barwana ngo batsinde Hamas. Perezida Herzog na we yavuze ko urupfu rwabo ari agahinda gakomeye.

Abaguye benshi ni abo mu mutwe wa “Netzach Yehuda”. Bivugwa ko bishwe n’ibisasu bitunguranye (IEDs) byaturitse muri Beit Hanun.

Kuva intambara yatangira ku ya 7 Ukwakira 2023, abasirikare ba Isiraheli bamaze kugwa ku rugamba babarirwa muri 445. Imibare ya Gaza igaragaza ko abamaze kwicwa n’ingabo za Isiraheli ari 57,523, benshi muri bo ni abasivili.

Ibiganiro byo gushaka agahenge birakomeje i Doha, ariko nta ntambwe ifatika iragerwaho.

 

Isiraheli yahombye abasirikare 5 bakiri abana

Jul 8, 2025 - 17:50
Jul 8, 2025 - 19:54
 0
Isiraheli yahombye abasirikare 5 bakiri abana

Igisirikare cya Isiraheli cyemeje ko abasirikare 5 bapfuye mu mirwano ikomeye yabereye mu majyaruguru ya Gaza kuri uyu wa Kabiri, abandi 2 barakomereka bikabije. Abapfuye bari hagati y’imyaka 20 na 28.


Minisitiri w’Intebe Isiraheli Benjamin Netanyahu uri muri Amerika, yihanganishije imiryango yabo, avuga ko baguye barwana ngo batsinde Hamas. Perezida Herzog na we yavuze ko urupfu rwabo ari agahinda gakomeye.

Abaguye benshi ni abo mu mutwe wa “Netzach Yehuda”. Bivugwa ko bishwe n’ibisasu bitunguranye (IEDs) byaturitse muri Beit Hanun.

Kuva intambara yatangira ku ya 7 Ukwakira 2023, abasirikare ba Isiraheli bamaze kugwa ku rugamba babarirwa muri 445. Imibare ya Gaza igaragaza ko abamaze kwicwa n’ingabo za Isiraheli ari 57,523, benshi muri bo ni abasivili.

Ibiganiro byo gushaka agahenge birakomeje i Doha, ariko nta ntambwe ifatika iragerwaho.