issa
Fatakumavuta  yahamijwe ibyaha bitatu akatirwa imyaka ibiri n'amezi atandatu

Fatakumavuta yahamijwe ibyaha bitatu akatirwa imyaka ibiri n'amezi atandatu

Jun 13, 2025 - 13:35
 0

Fatakumavuta yari yarasabiwe gufungwa imyaka icyenda n'ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw ariko Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye gufungwa imyaka ibiri n'amezi atandatu akaba afite iminsi itanu yo kujuririra icyemezo cy'urukiko.


Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Fatakumavuta imyaka ibiri n'amezi atandatu n'ihazabu ya miliyoni imwe n'ibihumbi 300 Frw.

 Yahamijwe ibyaha birimo cyo gukoresha icyo gukoresha ibiyobyabwenge, icyo gukangisha gusebanya n'icyo gutangaza ibihuha. Yahanaguweho ibyaha bibiri; icyaha cy'ivangura no gutukana mu ruhame.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze icyaha cy'ivangura kidahama Fatakumavuta aho Ubushinjacyaha bwagaragaje Fatakumavuta yavuze ko ko Bahati Makaca yashatse umugore mubi w'umukene nta shingiro bifite.

 Urukiko kandi rwasanze icyaha cyo gutukana mu ruhame cyakorewe The Ben kidahama Fatakumavuta.

Icyaha cyo gukangisha gusebanya, urukiko rwasanze iki cyaha kimuhama dore ko cyakorewe abarimo The Ben na Meddy. Hari aho yavuze ko The Ben natamuha amafaranga azamuzimya.

Icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, bamusanzemo igipimo cya 298 nk'uko urukiko rwabyemeje.

Ubushinjacyaha bwari bwaramusabiye imyaka icyenda n'ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw ni mu gihe Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye gufungwa imyaka ibiri n'amezi atandatu n'ihazabu ya miliyoni imwe n'ibihumbi 300 Frw akaba agomba gutanga igarama y'urubanza ingana na 20,000 Frw.

Afite iminsi 30 yo kujuririra icyemezo cy'urukiko. Fatakumavuta yatawe muri yombi ku itariki 18 Ukwakira 2024. Igihano yahawe kivamo igihe amaze afunze kuva yatabwa muri yombi ubundi agakora igihano gisigaye.

Fatakumavuta yahamijwe ibyaha bitatu akatirwa imyaka ibiri n'amezi atandatu

Jun 13, 2025 - 13:35
Jun 13, 2025 - 16:50
 0
Fatakumavuta  yahamijwe ibyaha bitatu akatirwa imyaka ibiri n'amezi atandatu

Fatakumavuta yari yarasabiwe gufungwa imyaka icyenda n'ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw ariko Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye gufungwa imyaka ibiri n'amezi atandatu akaba afite iminsi itanu yo kujuririra icyemezo cy'urukiko.


Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Fatakumavuta imyaka ibiri n'amezi atandatu n'ihazabu ya miliyoni imwe n'ibihumbi 300 Frw.

 Yahamijwe ibyaha birimo cyo gukoresha icyo gukoresha ibiyobyabwenge, icyo gukangisha gusebanya n'icyo gutangaza ibihuha. Yahanaguweho ibyaha bibiri; icyaha cy'ivangura no gutukana mu ruhame.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze icyaha cy'ivangura kidahama Fatakumavuta aho Ubushinjacyaha bwagaragaje Fatakumavuta yavuze ko ko Bahati Makaca yashatse umugore mubi w'umukene nta shingiro bifite.

 Urukiko kandi rwasanze icyaha cyo gutukana mu ruhame cyakorewe The Ben kidahama Fatakumavuta.

Icyaha cyo gukangisha gusebanya, urukiko rwasanze iki cyaha kimuhama dore ko cyakorewe abarimo The Ben na Meddy. Hari aho yavuze ko The Ben natamuha amafaranga azamuzimya.

Icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, bamusanzemo igipimo cya 298 nk'uko urukiko rwabyemeje.

Ubushinjacyaha bwari bwaramusabiye imyaka icyenda n'ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw ni mu gihe Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye gufungwa imyaka ibiri n'amezi atandatu n'ihazabu ya miliyoni imwe n'ibihumbi 300 Frw akaba agomba gutanga igarama y'urubanza ingana na 20,000 Frw.

Afite iminsi 30 yo kujuririra icyemezo cy'urukiko. Fatakumavuta yatawe muri yombi ku itariki 18 Ukwakira 2024. Igihano yahawe kivamo igihe amaze afunze kuva yatabwa muri yombi ubundi agakora igihano gisigaye.