Real Madrid igiye kubura Trent igihe kinini
Real Madrid igiye kubura myugariro wayo ukina ku ruhande rw’iburyo, Trent Alexander Arnold, igihe kitari gito.
Mu ijoro ryacyeye tariki 16 Nzeri 2025, nibwo i Burayi hakomezaga imikino ya UEFA Champions League. Real Madrid yari mu makipe yigabye mu kibuga ihura na Olimpique de Marseille yo mu gihugu cy’ubufaransa.
Uyu mukino warangiye Real Madrid itsinze ibitego 2-1. Ni ibitego byatsinzwe na Kylian Mbappe ku munota wa 29 ndetse n’uwa 72. Ku munota wa 5 gusa, Trent Alexender Arnold yaje gusohoka mu kibuga kubera imvune hinjiramo Dani Carvajal.
Dani Carvajal ntabwo yasoje uyu mukino nawe kuko ku munota wa 72 yaje guhita ahabwa ikarita y’umutuku, umukino urangira Real Madrid ifite abakinnyi 10 mu kibuga.
Nyuma yo kuvunika kwa Trent Alexander Arnold, yaje gukorerwa isuzuma abaganga basanga imvune yagize y’imitsi yo mu itako izatuma amara hanze y’ikibuga ibyumweru 6.
Trent niwe wafatwaga nka nimero ya mbere kuri 2 ya Real Madrid ndetse no mu mibare ya Xabi Alonso ariko bisa nkaho imibare igiye gukomera cyane. Xabi Alonso ashobora gukoresha Raul Asencio cyangwa Antonio Rudger kuri uyu mwanya.

Trent Alexander Arnold yagize imvune izatuma amara hanze y'ikibuga ibyumweru 6
Kylian Mbape niwe wakuye Real Madrid imbere ya Marseille


Kinyarwanda
English
Swahili









